WA MUKURU W'ITORERO RY'ABADIVE Ashyize Ukundi kuri HANZE/Ati Ibi NTITUBYEMERANYAHO/Bayobeje benshi
ฝัง
- เผยแพร่เมื่อ 6 ต.ค. 2024
- #WHATSAPP_+250788266238_+250788733808
#AYALONI_TV #CLICK_SUBSCRIBE_LIKE_and_SHARE
#DUTERE INKUNGA Moble money +250788266238#
Turabaramukije mwese bene Data bakunzi bacu iyi Channel twayishinze bigendeye kuri SMS twahawe n'Imana yuko tugomba gufasha abantu bose bashaka kujya mw'Ijuru, kumenya ijambo ry'Imana, ngo bave murujijo rw'Agakiza ndetse n'urujijo rw'inyigisho z'amwe mumadini ziri kuyobya abantu na bamwe mubahanuzi bari gusenya ingo z'abantu kubera ubuhanuzi bw'ibinyoma. Ndetse n'ibindi byinshi, muzagenda mubibona uko tuzakomeza kubana.
Iyi Channel nta dini narimwe ibogamiyeho niyo gucishaho ijambo ry'Imana ndetse n'ubuhanuzi Imana iduhaye yaba uwo itumye cyangwa se natwe ibuduhaye. Murakoze cyane kubwo gukomeza kubana natwe. TURABAKUNDA
chat.whatsapp....
👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆👆
NIBA WIFUZA GUFATANYA NATWE UNO MURIMO NO KWIGA BIBLE joning kuri runo rubuga
Mwaramutse neza. Mukozi w lmana. Muzehe wa cu. Nepo. Numu byeyi wange komereza aho. Amen
Bavandimwe mujye mubyanditswe musome cyane kdi musenge kuko tugeze mu gihecy'umwijima ukabije ijoro rirakuze,kdi mwibuke ko ari cyo gihe umukwe yi.njiye
Muzehee nepo ndakwemera cyanee nubusanzwe ndamukunda yigisha Imana ntiyigisha idini. Komerezaho mubyeyi Ufite umwukaw'Imana azabana nawe abakurwanya nabafite inyungu mumadini. Ndagukunda mubyeyi
uzajya kumenya ko yakuyobeje kera kandi usabe Imana ntibizabe byarenze igaruriro
Yes
Kumara igihe mu itorero ntaho bihurira no kuba usobanukiwe,ikindi gusoma cyane si igihamya cyo kumva ibyo usoma.gusoma nikimwe no kumva ni ikindi!!!! Imana ikugenderere ahubwo. Bamwe bazasohoka abandi binjira!
Mbega gukora k'umubi we! Ubuse nkatwe twamenye ukuri kw'abadiventist tutarigishijwe nabo ,tutarigeze dusoma n'ibitabo byabo ari bibiliya Imana ibinyujijemo gusa ubwo twarayobye?!!!!
Bibiliya irihagije kugirango umenye ukuri kuva ku Mana,niba utabasha kumva bibiliya ntiwarikunasha gusobanukirwa n'ibitabo bya Adventist rwose!
Muze urumurezi wabeneso umwuka ukuvugisha UVA kumubi.kd urasohoza ibyo shobuja yagutumye .kd icyi nicyo gihe cyogukora kwa nyu.ntiwabaye mwitorero ushaka lmana washakaga ibyo uzashingiraho urega ubwoko bwi lmana mubyo wavuzebyose ntabutumwabwiza bukiza burimo .urimumurimo rero wokurimbura uri Umujezuwite .
Uri umujezuiti rwose
Mwenedata, reka ngukosore. ntawurwanirira imana atukana. Muhugurishane ituze n'ubugwaneza.
Mwuka wera ni ikimenyetso gihindura umutima. Isabato ni ikimenyetso cy'uko Imana ari umuremyi w'ijuru n'isi. Umukororombya ni ikimenyetso cy'uko Imana itazongera kurimbuza isi Umwuzure. Buri kimenyetso rero gifite icyo gihagarariye kandi ntagisimbura ikindi ahubwo byose bifite umumaro wabyo byihariye. Umubatizo wo mu mazi ni ikimenyetso cy' umutima uticira urubanza cy' erekana ko umuntu yizera urupfu n'umuzuko bya Yesu Kristo. Ifunguro ryera ni ikimenyetso cy'umubiri n'amaraso bya Yesu Kristo. Nta nakimwe muri ibyo tugomba kwirengagiza umumaro wacyo kuko ari Data wabivuze. Namwe rero mwisuzume murebe ko mutarwanya ukuri kw' Imana. Kwishingikiriza ku makosa yabayuda nawe ugashinja Yesu Umwami w' Isabato ko yayiziruraga kuko yabwiye umuntu kwikorera uburiri ngo atahe kandi yari amaze igihe kirekire aboshwe n'Uburwayi, Yesu Yerekanye ko umunsi Yejeje amaze kurema ijuru n'isi ari umunsi wo kubohora imbohe. Mu gihe abayuda bo bari baboshye imitima badashaka kubohorwa. Ijambo abayuda bumvise nabi bakariha ubusobanuro butari bwo ryo mu itegeko rya kane rivuga ngo "Ntukagire umurimo wose uwukoraho". Abayuda barisobanuye uko Imana itashatse kurisobanura. Ni imirimo yose umuntu asanzwe akora y'inyungu ze ni yo bagombaga kureka kuri uwo munsi maze bakajya gukora Imirimo yera y'Imana no guterana kwera. Ibyo ni byo Yesu yabigishije kandi akuraho ubwo busobanuro butari bwo bari barahaye amategeko Ye. Isabato ni umunsi w' ibwirizabutumwa kandi ibwirizabutumwa riberaho gukiza abantu. None se Yesu kuba yarabikoze kandi yaje kuterana ku isabato hari icyaha yakoze? Ntacyo kandi byari akamenyero ke guterana buri sabato. Luka 4:16. Abayuda bahoraga bamushakaho icyaha kuburyo kenshi ibyo bavugaga bashaka kumurwanya bitari bihuje n'ukuri n'ubu abantu babyishingikirizaho bavuga ko ubwo na Yesu atubahirizaga isabato. Nyamara ntabwo we ibyo yigeze abyigisha kuko ubwe yumviye amategeko ye na se yose. Kandi aravuga ati "Nuko rero uzica rimwe ryo muri ayo mategeko n'aho ryaba ryoroshye hanyuma y'ayandi akigisha abandi kugira batyo mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose.Ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru” Matayo 5:19. Nguko uko nizera kandi ntashidikanya, ndabihamya ibyo Yesu ahamya imbere y'abanyumva bose. Ijuru n'isi bizashira ariko amagambo ye ntazashira na gato.
Amen mukozi w'Imana. Ikibazo twagize muriki gihe cacu,twayobotse amadini aho kuyoboka mpwemu yera, kuko Yesu nico kintu yadusigiye yavuze ati sinzobasiga nkipfuvyi nzobarungikira mpwemu yera❤kandi ikindi ishengero ni rimwe mu mahanga yose❤.rero burya umuntu yumiye kwidini ntashobora kugira ihishurigwa.kuko ugiye urongowe nidini ntushobora kuba umuntu mwiza.kuko idini yose ibona kwariyo ikora ivyiza ariko sivyo,uzazunguruke mu madini yose,ntuzabura ico ushima yo,kandi ntuzabura ico ubona bakora bidakwiye.rero ubu nigihe Yesu ariko ategura ishengero nyaryo,riyobowe n'a mpwemu yera, atari iriyobowe nabana babantu.Amen .
Wowe wica imanza ahubwo rinda izamu ryawe,wisenya itorero
Ndabaramukije benedata. Mbona dutumbiriye cyane iby'iminsi n'ibihe kandi atari ibyacu, ariko tukirengagiza ibitureba cyane kurusha ibindi. Kwizera Yesu Christo no gukora imirimo yose y'umwuka nibwo tuzakiza ubugingo bwacu.
Naho izindi mpaka tuba twahindutse abanyamadini no kurwanira amahame n'imyigishirize kandi intego yacu twese abizera nkuko turi mu matorero atandukanye ni 1. Kwizera no guhindukira tukareka imirimo yakamere.
Uwo musaza haribyo avuga byukuri ariko haribyo avangavanga. ari guhuza abadive nabayuda sikimwe .
kuko imirimo yurukundo yemewe gukorwa kwisabato ibyo abadive barabyemera, uwo musaza rero ashobora kuba atazi ibyo abadive bizera. gusura abarwayi, gujyana ubutumwa byiza, Imirimo yose wakora yurukundo idaharinira inyungu zawe bwite ahubwo arikwitangira abandi ibyo ntakibazo.. Uwo musaza ari kuvangavanga pe, niba ahuza abadive nimyemerere yabayuda mugihe cya Yesu ntabwo azi ibyabadive (ibyo kuzirura isabato byakozwe na Yesu byabaye no kuyandi mategeko yose: Yesu yavuze ko ataje kuvanaho amategeko ahubwo yaje kuyasohoza, irijambo kuyasohoza muzindi ndimi rishatse kuvuga kuyavugurura cg kuyakomeza , niho isabato nandi mategeko Yesu yayasobanuye ukundi kuntu gutandukanye nukwari gusanzwe, uko Yesu abona umusambanyi, ishyari, kwica, isabato nandi mategeko siko Mose yayabonaga )
Muraho nose barajya kuvuga ubuhezanguni nimba basubuzi abantu mububata bwa matege Yesu akaba yaraje kudukiza Umuvumo wamategeko Abagaratiya 3vs10 ukomeje nigice cyakane kandi kuwirijyira imirimoyose itegetse na mategeko ntayubahirizeyose uko yanditse nikivume kandi clisto yaje atwarwa namategeko kugirango abone ukwacyiza abatwarwa namateko baherahe babohera abantu mububata bwa Mategeko ko itegeko ry Umwuka wubugingo ryatubatuye ububata bwa mategeko yanditse kotutarabarabatwarwa na mategeko yinyuguti dutwarwa ni itegeko ry umwuka wubugingo riri muri clisto Yesu
Wasengeraga ku itorero rya he? Kuko abo mwasenganye baguhamiriza Ibyo uvuga niba Ari ukuri.Rero ibutari Ibyo urabeshya ntabwo wabaye umudive.
Nta mwuka wera ukuraho ibyanditswe ahubwo icyo ni ikimenyetso cyuko uri umuhanuzi w'ibinyoma.Byarahanuwe ko muzahabwa umucyo n'imbaraga ariko nta mahoro ,ibyishimo n'urukundo kuko byo ari imbuto y'Imana.Bivuze ko ibishinja by'ibyaha bikuriho kuko urwanya Imana ubwonyo.
Imana ikubabarire ntuzibyuvuga
Ariko abavanfimwe baba diva bameze nkintumva pe uziko badashobora nogu sesengura izina bitwa iyo yivuga aravugango ndi umudivantiste w'umusi wa larindwi uba uwumusi ute?
Rata muzehe iyizire murugo rwa Data waguhishuriye ibyo
Ntabwo yayiziruye ahubwo yaberetse uburyo bwo kuyiziririza nonese uravugako ibirego bamureze arukuri oya
Mureke uwo yemeyeko ajyakurugamba agende
Muze kuri Kristo Yesu niwe nzira igana ku Mana.
Yapfiriye ibyaha byacu tumukunde bavandimwe.
Imana ishimwe ko irikugenda irigukubitira ikinyoma ahakubuye
Mbega past!!!! Soma neza bibiriya
Ongera usome .ukwiriye kongera guhanura.ntabwo iby'Imana yahamije bihinduka.
Muzehe ongera u some neza nawuhinyura ijambo ryimana wisubireho pe
Abantu mumutuka namwe mukeneye kugendererwa nimana nyirijuru numwami wacu yesu kristo
Imyaka yamaze abyigisha, abo yigishije baramusimbura bakomeze umurimo!
Weho uri Umujesuit, uri umukozi wa Papa ahubwo bakugendere kure. Urimo kuvuga ibinyoma kuko umwuka ukurimo ari uw' Ikiyoka.
Ubushukanyi , ukuri kuvanze nikinyoma birikurushaho kuganza, ntacyindiburetse kuzabona ishyano.
Nimudahindukira, ngo muve muburiganya, ndabibabwira ntitaye kucyubahiro cyanyunabahaye nimero yange ntimwansubiza mumamagare
Ibyo binyoma mubikuraho
Murahisha Roma mute?
Ibyanditswe byera byose byahumetswe n'Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka
(2 Timoteyo 3:16)
Ibindi mwavuga byose bidahuye niryo Jambo muri mu mwuka wa Antikristo
Urumurwayi muzehe!
Waratumwe ark Imana izi abayo!
Uvuze ukuri pastor
Amen
niba hari icyo ufite wa muntu we ngaho kivuge usubize ibyo nakubajije. itorero ribaye ryuzuyemo abantu nkawe, byaba biteye agahinda. Yego abantu nkawe nti babura gusa n' abategereje Yesu batajenjetse barahari kandi bazirukana uwo mwijima uri gukwiza Imana ibibafashijemo. Nawe wamunyamakuruwe, ibyo uri kwishyiramo ushobora kuba utabizi gusa usabe Imana utazabimenya wakerewe.
Buriya c icyo yavuze itaricyo ni ikihe? Muve mu madini musange yesu.
Ahubwo se uyu ugaya uyu mukazi w'Imana wahishuriwe Yesu uretse ubuhezanguni bw'idini yatweretse icyo idini n' isabato byamufashije mu guhinduka uwaysindishirijee na Yesu.
@@FelicienTuyisenge-zd8mc yego dukwiye gusanga Yesu. ese inzira tuzayibwira? tuyoborwa n' ijambo ry' Imana kandi anyuranya na ryo none aho tudakwiye kumwamagana ni he? ati Yesu yaziruye isabato? none nyuma yo kwerekana ko ntacyo Imaze kuki abigishawa bayikomezaga? uyu ni umubeshyi nunakurikiza ibyo avuga uzicuza nyuma ari ntacyo wabikoraho.
@@RekerahoJeanBaptiste ikidufasha si idini cyangwa isabato ahubwo ni ukumvira ijambo ry'Imana soma ayamagambo aboneka muri yakobo 2:10
10.
Umuntu wese witondera amategeko yose agasitara kuri rimwe, aba ayacumuye yose
11.
kuko uwavuze ati “Ntugasambane”, ni we wavuze ati “Ntukice.” Nuko rero nudasambana ariko ukica, uba ucumuye amategeko yose.
yesu ni we wavuze ko umukunda ari uwitondera amategeko ye.
@@RekerahoJeanBaptiste reba iri somo ryo mu kuva 20:8-11 wongereho iryo muri yesaya 58 cyane cyane umurongo wa 13 kugez akirangiye.Imana iba ivuga idini itaryrya mu gice hose. kandi ntaho Imana yavuze ko amategeko yayo umuntu akwiye kuyahindura.
Urakoze munyamakuru kutuzanira umwigisha ark ndabona usa nufite uruhande cg utabisobanukiwe neza noneho burikiganiro yakokozeho uzatuzanire umudiventisite nyawe (umumenyi kubyi torero) kuko wamara ni myaka 50 utararimenya ijambo , bizatuma dushyira ibintu kumuzani murakoze.
Rero nanjye nabaye umukuru w,itorero ntabwo najya mumpaka zabantu nkabo kuko narasomye, ahubwo mbaha igihe kuko nicyo kizagaragaza ukuri kwibyo avuga. Urugero umuntu ahora Arya ark se iyo akozwe nibiryo cg akabonamo ibuye cg agasimba ibiryo arabireka cg akabimena aribwo agitangira kurya atarahaga? Paulo ati "uhagaze yirinde atagwa kd Yesu ati umwana w,umuntu ntazagaruka kwimura IMANA kutabanje kubaho". IMANA iguhe guhumuka. Amen
Mwagiye mureka kubeshya
Imana igukomeze mukoziw'Imana uwumva azakira utumvanawe yigimire mubuyobe ivyabadive vyaranyobeye
thank papa
Habwa umugisha Pastor ubisobanuye neza
Mwakoze ku kiganiro mutugejejeho. Ariko ngize ibibazo bikurikira.
1. A. Mwadusobanurira akamaro ka Mwuka wera???
B. Mbese iyumuntu amwakiriye nizihe mpinduka agira??? Hanyuma mubihuze nimpinduka Intumwa za Yesu zagize ubwo Yarazimanukiye nibyakurikiyeho nyuma yaho ndetse nibyo tubona ubu kubavugako bamwuzuye.
C. Mutubwire nokubyo abavandimwe bajya mubyumba ngo BAKABIGISHA KUZURA MWUKA WERA niba aruwo mwuka dusabwa kugira.
D. Munyaka 40 wasomye ndetse wize byinshi kwitorero rya Adventist,
None mwatubwira ibihamya ndetse mukaduha ibimenyetso byerekanako Itorero ritemera kdi ritagira Mwuka Wera??? Ibyo ubishingira kuki???
2. Tuziko Amategeko Imana yatanze ari 10, none murayo yose Yesu Yaziruye Isabato gusa??? Yakuyeho Isabato gusa maze andi 9 abariyo yemera gusa???
Niba wemera ko ariya mategeko agifite agaciro yose uko 10, tubwire uko irya 4 ryakubahirizwa kuko naryo nitegeko Yatanze.
Yakobo 2:10-11
1 Yohana 2:3-4
Yesaya 8:20
Dusobanurire ayo masomo
3. Ubwo buhanuzi bw'iminsi 2300, niba ariminsi atari imyaka koko kuberiki bihura nibyavuzwe mumyaka not iminsi???
Niba Bible ivugako Ubuturo bwera bwo mw'isi ari ikigereranyo cyubwo mw'ijuru, bisobanuyeko ibyakorerwaga mw'isi bishushanya ibyakorerwaga mw'ijuru.
N.B: Niba atarugushaka Views na Watch time nka channel cq wowe Nepo ukaba utishyuwe cq ukaba ubifitemo izindi nyungu, muzasobanukirwa vubaha rwose, muhumure.
Gusa tunaziko Satani arigukora kdi ashobora no gukorera mubiyita abana b' Imana.
Thanks
Nubwowamarainyaka.ingananukungana.ntiku
Muzehe Nepo, Imana ikomeze ikwagure cyane❤
Iyo uriye ugahaga uze wirinde amajambo uvuga muze.. kuko burijambo ryose rizoshirwa murubanza... Gusa Imana iguhane
Ngaho da wowe urashaka ko bigenda bite? Kuki umusabira guhanwa ngaho da 😢😢😢😢
Nyamara muze tuve mubyidini tuyoboke Christo, tutazagirwaho numuvumo wamategeko,
Ahubwo we warukwiye guceceka kuko nivyuvuga ntabwubizi ubwumusabira guhanwa kandi tuzi nez kwimana arinyembabazi ntubona kuri kwita imana umugizi wanabi
@@sitiviniDanieli-kz9mv Tumusabire kugaruka mu nzira tumusaba kutayobya abantu kuko azabazwa abazarimbuka bamuzize.
Uyu Mwigisha nasome Daniel 7:25 arangize icyo gice cyose arasobanukirwa Aho yibeshye kuko bible ivuga neza ko Ubwo bwami buzasimburwa n'Ingoma ya Yesu Kandi ko nta bundi bwami buzongera kubaho Nabanze asome mbere yo kujya kuri camera kuko amagambo azamushirana
Mzee Imana igukomeze gusa ongera uduhe nr yanyu
Imana igihumugisha muzehewacu❤❤❤
Imapmvu wenda ibyo yavuze ku minsi 2300 bitavugurujwe, ni uko nabo batabishatse cyangwa batabizi gusa nge ndabivuguruza kandi narabivuguruje yenda ni uko mutabyitayeho, namubwiye kubanza kwiga ubuturo bwera akana menya ibyakorerwagamo mbere yo kubisobanura we atanabisobanukiwe. Abanze amenye kweza ubuturo bwera icyo ari cyo, anamenye igihe byakorerwaga n' uko byakorwaga. muri comment sinakandika byinshi gusa muri make byatumye mbona ukuntu iyo umuntu atize ijambo ry' Imana abishyizeho umutima, ayoba akanayobya n' abandi.
Hahaha 😂😂😂😂 urasekeje pe nonese ikibi umushinza kinyuranyije n,ijambo ry,Imana n,ikihe?muzehe nepo urakenewe mu gihe nk,iki komerezaho
@@HagenimanaJBaptiste-k7q ahubwo se noneho wowe umuntu aguhaye bibiliya, wayikoressha ushyigikira ibyo yavuze. noneho mubwire niba ari mukuri asubize ibyo namubajije akoresheje bibiliya.
Yewe ndabakurukira kandi nkunda ibiganiro mutugezaho umutumirwa lmana umuhe umugisha
Wamuzawe ndagushuhuje imana ikugenderere kuko warayobye ,
Turagukunda muzehe wacu komeza turihamwe rwose tuvuge ibinyoma byabadive doreko bari baratugize imbata zidini ryabo twagize amahirwe yoguhishurirwa Yesu wimpuwe
Jyureka kubesha abntu umudivantist utemera inyigisho yabo yitwa umusohoke
Murakoze kubwo iki kiganiro.
Gusa ndabona harimo kudasaranganya neza iminota y'ikiganiro ku batumirwa bombi.
Urayobya abantu kdi benshi koko.Ariko nt'uzarokoka ku munsi w'urubanza.Ni ngombwa kdi ko na satani agira abakozi bari ku murimo we.barakorana umwete imirimo yabo.
Iyo ushimangira umwuka wera ariko ntufobye isabato witonde utazajya muri ba ba bahanuzi b'ibinyoma bazaduka mu minsi y'imperuka
ibyo muzehe ivaga nukuri. Nasobye. Bibiria. Guhera mwitangiriro. Kugera mubya hishuwe. Ndayirangiza. Maze kuyisoma ishuro 6
Niwowe wibeshye kuko nturamenya ntuzamenya uko icyo Yesu aricyo ubu.
Yewe ibyuvuga ntabyuzi ihakana isabato lmana nayo izamwihakana kuko yesu niwe mwami w'isabato
Nyine Yesu niwe Mwami w’isabato, ikibazo ni ukwizera Yesu naho iby’iminsi ntacyo bivuze.
@@TheCharity. niba umunsi ntacyo umaze, abigishwa ntibakabaye barayikomeje, n' andi mategeko ntacyo aba amaze kuko itegeko rivuga iby' isabato ntago riri ukwaryo riri hamwe n' andi
Emera muce bugufi mwigishwe mureke kuburana ivyomutazi nonese abayuda bahoweki kombona bayubahiriza kurusha nabikigihe
@@ab-pb2nk Tunganira Yesu Kristo, ukoreshwe n’Umwuka Wera kugirango uzabashe kumusanganirira ku bicu.✅❤
@@sitiviniDanieli-kz9mv Mumbarize.👍
Abayuda bubahiriza Isabato ariko ntibyabujije kwitwa aba b’incira (inzoka).
Ezayi 56:6 “Kandi abanyamahanga bahakwa ku Uwiteka bakamukorera bakunze izina rye bakaba abagaragu be, umuntu wese akeza isabato ntayice agakomeza isezerano ryanjye,
Ezayi 56:7 abo na bo nzabageza ku musozi wanjye wera, mbanezereze mu nzu yanjye y'urusengero. Ibitambo byabo byoswa n'amaturo yabo bizemerwa bitambirwe ku gicaniro cyanjye kuko inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo n'amahanga yose.” 📖🙏🙏🙏
Muraho neza yewe musaza yesu yaravuze ngo mwitekereza ko make gukuraho amategeko ahubwo make kuyasohoza kndi ngo ahokugirango have hi n'agace gato kumategeko ijuru n'isi byakurwaho kndi ngo uvuga ko amuzi ntiyitondere amategeko ni umubeshyi ukuri ntikuri muriwe
Wowe uri umuhakanyi ruharwa Imana ikubabarire
Mwihangane bigiye gusobanuka
Njyewe ntagihe nagutaho pe !!
Imana ibahe umugisha uyumubyeyi Imana imukomereze amaboko akure benci mubuyobe
ubisomye neza ko gukebwa yari ikimenyetso k' isezerano ry' Imana na abraham. Noneho gira icyo uvuga ku isomo ngo kandi mbaha amasabato yange ngo abe ikimenyetso hagati yange namwe.
Niwanga ukuri uzabubazwa waraguye ntiwemera ibihamya
Iman ikube hafi
Ukuri nkuko nikondukeneye
Yesu kirisitu,yaduhaye itegeko rishya ,rikubiyemo yayandi icumi
Haricyo numvise cyimwe gusa , atabeshye. Yarumukuru witorero mubadivantiste. 🎉 Aho ntiyabeshye: Kuko , abajezuwiti , abafrimason , nabatware bumwijima. Nibo , usanga , barawe , intebe..mwitorero. ❤bizera , mukwiriye , gusohoka , ntabwo , insenjyero zidufasha gusenga.❤❤amabwiriza tuyakura mubyanditswe. (Bibriya) Nakristo , urusenjyero yaruvuyemo.mat.23.37........
Ndakwemeye
niba ushaka kwerekana abahawe isabato abo ari bo, reka nkubwire umurongo ukoresha. koresha itangiriro ubone aho isabato yahereye, wongereho kuva 16 ubone ko na mbere y' uko Imana isubiramo amategeko 10 ku murongo, isabato yaziririzwaga.gusa ndakibaza niba koko wari umukuru w' itorero cyangwa niba wari umuhakanyi waje mu itorero.
Nagirango mutubwire abaterana Kucyumweru amategeko muvugako twica ayo ariyo??
Nagirango menyeshe abantu bose ko “Guterana kucyumweru cyangwa (Umunsi wa mbere) “ ko atari ari icyaha kuko n’Abasiraheli barawuruhukaga.
Soma
- Kuv 12:16-17
- Abalewi 23:36
Ikindi “Abadiventiste b’Umunsi wa 7” bitwaza itegeko rya 4 rijyanye n’isabato bakavuga ko ngo abataruhuka Isabato ngo bica amategeko y’Imana. Musome neza ijambo ry’Imana murasanga Isabato y’umunsi wa 7 yari iy’Abayuda ku mubiri (Bene Yakobo) kuko Imana yari yarabategetse kuruhuka no guterana kuri uwo munsi bibuka ko Imana yabukuye mu buretwa mu gihugu cya Egiputa.
Soma
- Gutegeka/Ivugurura 5. 12-15 cyane cyane umurongo wa 15
Kuri twe rero abatari Abayuda ku mubiri ntabwo kuruhuka iriya Sabato yo ku munsi wa 7 ari itegeko twahawe kuko twebwe ntabwo twigeze tuva mu buretwe muri Egiputa. Ahubwo uwo munsi Imana yarawuhinduye.
- Heb. 4:1-11 (cyane cyane guhera ku murongo wa 3 kugeza ku murongo wa 11 birasobanutse rwose ahubwo abashaka kumenya ukuri babisome).
Icyanyuma “Abadiventiste b’Umunsi wa 7” ntabwo bakwiye gucira urubanza abataruhuka ku munsi wa 7 (abasenga ku cyumweru) kuko nta cyaha bakora!!!
Soma
Rom 14: 6-10
Col 2: 16-18
Mat 12: 1-8
Yoh 5: 8- 18
Yoh 7: 19-24
Mat 12:1-8
Igikomeye cyane ariko ni uko “Abadiventiste b’Umunsi wa 7” bitiranya ikiruhuko no guterana ku munsi wa 7!! Birababje cyane.
Imana isjimwe
ibyo mukina nabyo ntabyo muzi mubyukuri pe kuko ijambo ryImana rivugango ntacyabuza ibisitaza kuza gusa ubizana azabona ishyano😢rero murarindwe mutazabaho umugayo kuri urya munsi, kuko gukora ibibi ukabyigisha nabandi uzabona ishyano !MUSHAKA MWAKIHANA MUGASHAKIRA IMIBEREHO AHANDI KUKO KUYISHAKIRA MUGUSUZUGUZA NO GUTUKA ITORERO BIZABABUZA UBUGINGO!!UFite ugutwi niyumve
Nitwa essien niragire nubwontazi igiheikikiganiro cyata mbukiye arikohari akagaabayobozibafite tuburakwitakumicoyacu ahubwotukitakumyakaniminsi eseibyobitumariyiki? Tubemumatoreroarikotumenye ibyo IMana idusaba
Ndagukunda cane mutama
Cyakora Koko ibihe biheruka byatugezeho!Musabe Mwuka wera ayobore umutima naho ubundi n'akataraza kazamanuka.
Muzehe aravuga ukuri
Umva uwu si umudiventisite!!!
Urasekeje pe ese wizehehe? Wasomye amateka wowe?
Jean Luc uraho!
Wazahuje Paster Mzee Mvunabandi na wa musore ujya utuganiza na Peter Musisi?
iby' igihano cyo kwicwa uri kuvuga, ndagira ngo nkwibutse ko kuva ubuturo bwera bwo mu isi bwarekera bwata agaciro(igihe umwenda utandukanya ahera n' ahera cyane watabukaga mo kabiri Yesu amaze gupfa)
Ntago icyaha cy' umuntu cyose cyari kigikwiye guhanwa hakurikijwe ya mategeko yabikwaga iruhande rw' isanduku y' isezerano ahubwo ubu yesu aba acira abantu urubanza kandi ntakabuza abayizirura bose kandi babizi ntibazabura kurimbuka. indi nama nakugira, banza utandukanye amategeko y' Imihango n' amategeko 10 y' Imana. amategeko y' Imihango ahanini yabaga ari ayo kwerekana uburyo uwakoze icyaha ahanwa kandi pawulo atwibutsa ko urwandiko rwayo Yesu yarubambye ku musaraba. ibyo uri kuyobesha abantu, usesenguye bibiliya wamenya neza ko satani ari we uri kukuvugiramo kuko Imana ntago yajya guhakana amategeko yo ubwayo yavuze ko atazavaho n' inyuguti n' imwe.
Satani yamuhumye amaso ibyo ntiyabyibuka
ndakwibutsa ko urwandiko rw' imihango yesu yarubambye ku musaraba kandi tandukanya Imihango n' amategeko y' Imana icumi. ibyo gukebwa, zirikana icyo pawulo yabivuzeho ayobowe n' umwuka w' Imana. Uri kugereranya ibitagereranyika, wenda duhe urugero rwo mu yandi mategeko muri ariya icumi utubwire utidore na rino ryavuyeho.
Rom 8:3-4
[3]kuko ibyo amategeko yananiwe gukora ku bw'intege nke za kamere yacu, Imana yabishohoje ubwo yatumaga Umwana wayo afite ishusho ya kamere y'ibyaha kuba igitambo cy'ibyaha, icira ibyaha bya kamere ho iteka,
[4]kugira ngo gukiranuka kw'amategeko gusohozwe muri twe, abadakurikiza ibya kamere y'umubiri, ahubwo bakurikiza iby'Umwuka.
@@sethnsenga8785 abaroma 7:7 cyane cyane abaroma 6:15 hasome niba wanditse ibi ushaka kutubwira ko amategeko atakigize icyo avuze.
Umunyantege nkeya wa Yesu ntawe umwakura ngo amubashe.Ukuri ni ukuri bona nubwo haba hari abatakwitaho bo mu b'Adiventistes.Uyu musaza yasomye igice abika ibiceceti cyane kdi ndamuha inama yo kongera agasoma.None ko nawe ubizi ko umunsi ungana n'umwaka?Abadiventistes nubwo benshi barwaye ariko ukuri kuriyo pe.Imana ishimwe!Abariyo bahakana cg batakira Mwuka Wera nibo bireba nk'uko no mu yandi madini badendeje.Dukurikire ukuri turekane mu madini
Umwuka wera ni ikimenyetso Imana ishyira ku bana bayo Abaroma 8:14 “Abayoborwa n'Umwuka w'Imana bose ni bo bana b'Imana” kd ntibazayoba inzira bakwiriye gucamo. Niba koko umwuka ubayobora uturuka ku Mana Umuremyi.
Ese vunaha,ko iminsi 2300 hari umugabane wayo w,ibyumweru 70 wo uwuvugaho iki?
Ntabwo yashobora kubisobanura uko biri
Turabyemerakowavuye mubuyobe arikonawe ukwiyegukizwa ukabatizwa mwizinarya yesu kristo
Uyu mubwiriza nasome mat 11:19 aho Yesu bamwise ikirura ubwo niba avugako abavuze ko yaziruye isabato bari bari mu kuri nabavuze ko yari ikirura nabo bari bari mu kuri ubwo nawe iyo uhaba wari kujya mu ruhande rwabashinjaga Yesu kwica amategeko ukamuhamuhamya ko yaziruye isabato ? Ukavuga ko yaziruye isabato ? Urumva ko urii kuvuga neza ko ibyo bamushinjaga ari ukuri ubwo se uri ku ruhande rwa Yesu? Cyangwa urw'abamurega?
Mwuka wera uza mu muntu abakura mu byizerwa byanditswe akabajyana mu byizerwa bitanditswe rwose ntabwo uturuka ku Muremyi kuko ntabwo Mwuka wera ashobora kuvuguruzanya n'ibyanditswe byera kandi ari we wabyandikishije.
Kandi batsindirira abandi ngo nibo basenga umusi ese muzaba aba Kristo ryari muzaguma mube abumusi? Ese umusi niwo wabaremye?
Uziko muhemukira umuremyi wibihe mugaha agaciro umudi yaremye?
Muziko umudive nyawe agwa akanywa urwagwa akanarucuruza
Agasambana rwose ariko akabareke ntabe yahirahira ngo agafungure kwisabato?
Mbese ikigirwa mana niki?
Si ikintu cyose ushobora gusimbuza Imana mubuzima bwawe?
Isi yishwe nibigirwamana 3
1. NI ISABATO
2. NI ISHUSHO YA MARIYA
3. NI MUHAMMAD kubasiramu
Ntihagire untera amabuye nihitiraga
Ibyanditswe byera byose byahumetswe n'Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka
(2 Timoteyo 3:16)
Utiyitirira umudive urumupagani wumuhakanyi
Muzacyura kwirirwa mushyushya umutwe wanyu aho guca bugufi ngo mukorere umwami!
Gumamo wamenye ukuri urabaturwapeee
Uyu musaza avuga ukuri
Uko ni ukuri
Ukuri si ukwabadiventisti ahubwo ni ukwa bibre
Muzehe rero abantu benshi bagiye bateshuka inzira murubwo buryo, gusa ubanze urebe iherezo ryabakubanjirije kuko uracyari hafi kd ntawihuta nkuwayobye
Yooooooo muze utanze urugero rubi wamaze imyaka 40 utazi ahuri mbega agahinda birababaje nubu ntahuri ubuse uherereyehe ntabwo ngutuste ariko ugiye gupfa uhagaze
Nsinjya nkunda kwandika comments ariko nukuri uyu musaza ndamwemera pe!!!!!!! Ikindi iyi channel (AYALONI TV) aho muri Imana ibahe umugisha nukuri murakora Kandi mwaziye igihe guhangana n'isi y'umwijima ,ibaze dusanze ibyo twizeye imyaka myinshi Atari ukuri? Pastor musisi we mukunda kubi. Ni David Nsengiyaremye nibera hanze Kandi ndabakurikirana.
Mukomerezaho kwagura ubwami bw'Imana tubarinyuma.
Ukwiriye kwihana
Isabato yavuyeho ryari wa Mugabo we, Yesu yayiruhukaga yaravuyeho?
Nugaturika
Uyumusaza umugatirikape
Ndagushyigikiye
Kuki wiyita umukuru wabadive kdi uri umurezi wabo
Wowe uri umujezuwiti ,gusa tuziko intumwa zumubi mwinjiye mumatorero kiyobya abantu
Mwukawera akumurikire
ijambo wishingikirijeho uvuga ko Yesu yaziruye isabato, ongera utekereze neza. ko banamushinjago ko ahangara kwiyita umwana w' Imana, ubwo niba ibirego byabo twemeye ko ari ukuri, ubwo uri kutubwira ko Yesu yiyitaga Umwana w' Imana atari we?
Ongera wumve neza ikibazo cyawe urasanga uri kumwe na we mu byo yavuze.
Bamureze kuzirura isabato kubera ko bo bari bayitsimbarayeho kandi kandi we yigisha ko atari yo ngombwa, bamurega kwiyitirira Imana kuko bumvaga atari yo kandi ubundi ari yo.
@@samtucuriosus9767 ahubwo wowe umva neza ibyo nabajije.nabajije niba ibirego byabo turabifatank' ukuri.nitubifatank' ukuri, turaba tuvuze ko Yesu atri n' umwana w' Imana kuko mu byo bamureze, harimo no kwiyita umwana w' Imana. ndabyemera ko abayuda bataruhukaga isabato nk' uko Imana ibishaka. ibaze nawe ko muri matayo batubwira ko Yesu yagiye mu isinagogi ku isabato nk' uko yamenyereye. kuki se atajyagayo ku wundi munsi? kuki abigishwa be batayiretse na nyuma y' uko agiye mu ijuru? cyakora, kuko Yesu ari umwami w' isabato, uko yayiruhukaga ni ko dukwiye kuyiruhuka. Niba yarafashije ku isabato natwe tugafasha, ntitumere nk' abayuda wibuke ko yababwiye ati itungo ryanyu riguye mu mwobo ku isabato mwarikuramo ariko gukiza umuntu bari babigize ikibazo. ntiyacyashye itegeko, yacyashye kurifata uko ritari. ibi ni byo narimo nerekana.
@@ab-pb2nk Interpretation yawe yancanze kugeza ubu.
Kudafata ibirego byabo nk'ukuri ni ukuvuga ngo: "Ibyo bamurega ko yaziruye isabato" nta kirego kirimo kuko isabato si yo ngombwa. Niba ivuga ko yigiehije ko isabato ari sawa, ntibari kumurega kiriya kirego.
Ibirego bamureze ntawe uvuga ko atabikoze cg atabivuze (yishe isabato ni byo kandi mu.maso yabo yiyise/yigereranyije n'Imana).
Ahubwo Umukristo icyo hano basobanura, igihe yavugaga/yakorwga biriyw yashaka kuvugw iki ?
Hanyuma kuba Yesu yaragiye mu masinagogi ku isabato ntabwo bisobanuye ko twe tujyayo kuko Yesu ntabwo yabaye mu idini rya Gikristu ahubeo yabaye mu idini rya kiyuda. Idini rya Gikristu ryatangiye amaze kuzuka, more precisely kuri Pentekosti.
Debate nyayo hano ni: "Ese koko hari ibya kera abakristu batagomba gukurikiza ?"
wavuze neza ko mu maso yabo(uko babonaga ibintu) babonye Yesu ari umunyamafuti yiyita umwana w' Imana akanazirura isabato.none, kuki wemera kimwe bavuze ko atari cyo ikindi ukavuga ko ari cyo. ese Yesu yavuze ko ari umwami w' isabato kandi ntacyo Imaze. Imana se yaba umwami w' ibidafite akamaro.none se kuri ibyo wavugaga by' uko hari ibyavuyeho byakorwaga kera, wanyereka aho bavuga ko hari amategeko muri ariya 10 yavuyeho. ndabyemera, pawulo yavuze ko urwandiko rw' Imahango rwaturegag Yesu yarubambye ku musaraba. gusa zirikana ko hari amategeko y' ubwoko bubiri yahawe abisilayeheli.ayo kubashinja bakoze icyaha nk' uko Imana yabwiye mose kuyandika, kandi zirikana ko atanabitswe hamwe na yayandi icumi. yo yabikwaga impande y' isanduku y' isezerano ariko ariya icumi akabikwa mu isanduku y' isezerano.
Nange nemeza ko bagihanganye na yesu
"Azagira imigambi ituma abashishwa byose n'uburyarya, kandi azishyira hejuru mu mutima we, azarimbura benshi biraye ndetse azahaguruka kurwanya Umwami w'abami. Ariko azavunagurika nta wumukozeho. ²⁶ Ibyerekanywe byavuzwe ko bizaba muri iyo minsi, uko buzacya bukira ni iby' ukuri, ariko ujye ubizigama kuko ari iby' igihe gishyize kera.” Daniyeli 8:25-26. Ntibigitinze biraje.
Mbese amategeko tuyahindure ubusa? Uwo mutumirwa azadusubize.
Urayobye ubaye nkabayuda gukora kw'Isabato ukora ibyo gukiza ubugingo ntacyaha kirimo nicyo cyatumye bica yesu urambabaje
Itorero rya Kristo riri mu bamwizera. Kubwo kwizera batsindishirijwe imirimo itegetswe n'amategeko, batsindishirizwa urubanza rw'ibyaha. Ni abera kubera Yesu, ni abavutse ubwa 2, ibyaremwe bishya abana b'Imana. Aba rero si Abadvantiste, si abapantekoste, si ababatista, si anglicani cyangwa Andi madini menshi yagiye avuka ku bukristo, ahubwo ni n'urubyaro rw'Imana, abantu Imana yaronse mu maraso ya Yesu itorero baba basengeraamo iryariryo ryose. Kuko itorero rya Kristo rimaze imyaka ikabakaba 2000 abakristo bizera Kandi bakijijwe bariho hirya no hino kw'isi. Ntabwo abakristo b'ukuri babayeho 1846 havutse idini ry'abadive cyangwa ngo bebeho 1900 havutse aba pentecost, oya bariho kuva mu kinyejana cya 1 kugeza none.
@@RekerahoJeanBaptiste yego kuko gukurikira Imana bivuze kugendera mu mucyo wose ufite. icyo uzi Imana isaba ukakigenderamo. Igihe batari bafite umucyo w' Isabato, Imana ntiyari kubabaraho icyaha kandi batabizi. ariko se niba uzi ko isabato ivugwa mu ijambo ry' Imana ihari, ukanga ukayizirura, none wakwibarira mu bajya mu ijuru ute?
@@ab-pb2nk Isabato yahawe Abasraheli nk'ikiruhuko ariko ntiyahawe abizera, kuko no mu gihe cya Yesu abayuda bari bayitsimbarayeho cyane kuko uretse n'uwavuze ngo iyo umurimo ukozwe Ari uwo gukiza ubugingo nta kibazo ( agendeye ku murwayi Yesu yakijije) ariko abayuda bibiboteraga inyuma za Yesu ko nazo zitaziririza Isabato nkaho zacaga amahundo y',amasaka zikagenda zihakenya Luka 6:1-6. Yesu yababwiye ko Umwana w'umuntu Ari umwami w'isabato. Bivuga ko Yesu n'abamwizera batabohwa n'isabato. ahandi yababwiye ko Abantu natabayeho kubw'isabato, ahubwo Isabato yabayeho kubw'abantu , Nuka ahandi ababwira ko amategeko bizirikaho ari amategeko y'abantu, ko ahubwo bari bakwiriye kurangwa n'ubutabera, imbabazi no Kwizera Matayo 23: 23. Ibyo rero intumwa n'abizera bari barabirenze, barabatuwe ku mategeko y'imigenzo ari ab'umudendezo muri Kristo. Paulo yihanangiriza abakristo b'i Roma kubyo kudacirina imanza hashingiwe kumigenzo y'idini. Kubyo kuziririza iminsi yababwiye ko hariho abarobanura umunsi umwe bakurutisha indi, hari n'abafata iminsi yose kimwe. Bose yababwiye ko mu gihe bikorwa kibw'umwami ntawukwiye kubigira urwitwazo. Abanyesabato rero bigaragara ko ariyo mushyira imbere kuruta Yesu, reka mvuge ngo nimushobora kuyubahiriza nk'uko yahawe Abasraheli amahirwe masa. Isabato y'ukuri ni Yesu Kristo niwe abamwizera baruhukiramo , srahamagara ati, nimuze munzange ndabarujura...dutegereje uburukiro bw'isabato y'umunsi arambabaje.