Musaza wa Agata KANZIGA n'Urupfu rwa Dian Fossey "Nyiramacibiri"

แชร์
ฝัง
  • เผยแพร่เมื่อ 27 ส.ค. 2024
  • URUPFU RWA MADAME DIANA FOSSEY WAHIMBWE NYIRAMACIBIRI
    Docteur Dian Fossey abanyarwanda bakundaga kumwita Nyiramacabiri ngo kuko yari umugore wenyine uba mu ishyamba.uyu ni Umunyamerikakazi wakoze byinshi cyane mu kuba Pariki y’Ibirunga izwi nkuko izwi ubu.kuko ubwe niwe wakoze akazi kenshi cyane kukuba Isi izirikana Ingagi ziri muri Parike.mu buzima bwe bw’imyaka 18 yamaze abana n’ingagi zo mu birunga yabaye inshuti yazo ku rwego rwo Hejuru kuburyo uyu mugore yasize umugani mu kwita ku ngangi mu Rwanda; ndetse ahindura imitekerereze y’abantu kurizo mu Isi kuko mbere yuko azigeraho abantu bazifataga nkinyamaswa zo mu ishyamba zibereyeho kwangiza no kugirira nabi abantu maze nabo bakazihiga kumuvuduko uri hejuru.Gusa nubwo Diana Fossey yabaye ikimenyetso cyo kwita ku ngagi byanarangiye abiburiyemo ubuzima kuko yishwe mu ijoro rya tariki ya 26/12/ 1985.Hari byinshi byavuzwe ku rupfu rwe mu buryo butandukanye.natwe icyo tugiye kugarukaho muri iki kiganiro ni bimwe mu byihariye ku buzima bwa Diana Fossey Nyiramacabiri ndetse byumwihariko turagaruka kurupfu rwe ndetse nibyarukurikiye.Iyi ni Intsinzi Tv. Uwaguteguriye Iki kiganiro ni BIZIMANA Christian naho jye ugiye kukikugezaho ni ERIC SAFARI. Mbahaye ikaze
    Ku I saa 06:30 za mu gitondo cya tariki ya 27/12/1985 abari basanzwe bakorana na Diana Fossey bakundaga kwita Nyiramacibiri baje kumureba mu ihema rye yabagamo mu ishyamba ryo mu birunga kugirango bakore imirimo yabo yabarebaga nkibisanzwe ariko bahageze basanze Fossey adahari nkuko bari babimenyereye ndetse hagaragaraga ko ntamuntu uhari.birabayobera noneho nibwo baje kubyutsa undi musore w’Umunyamerika wari mu ihema rye wari uturanye na Diana Fossey witwa Wayne MCGUIRE umunyamerika nawe warurimo akora ubushakashatsi bwe ku ngagi. Aba bakozi babanyarwanda bamubyukije bamubwira ko batari kubona Nyiramacabiri.uyu Wayne niwe wabashije kwinjira mu ihema rya Diana Fossey asanga aryamye hasi bigaragarako yatemaguwe n’Umuhoro mu mutwe. hafi ye hari imbunda ye ya Pisitole ndetse mu kiganza cye yarafite icupa ry’inzoga.ubwo nibwo bwambere inkuru y’Urupfu rwa Dian Fossey yamenyekanye ariko kugeza nubu bisa naho uwamwishe atigeze aboneka gusa nyuma y’igihe gito apfuye leta y’u Rwanda yahamije icyaha uyu munyamerika Wayne Mcguire ko ariwe wishe Diana Fossey ariko yari atakiri mu Rwanda kuko yari yarasubiye iwabo muri Amerika. Ariko hari ibindi byavuzwe kuri uru rupfu bitandukanye n’ibya leta y’u Rwanda.
    Gusa kugirango wumve neza urupfu rwa Diana Fossey Nyiramacabiri reka dusubire muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yo mu mwaka wa 1932. Tariki 16/01 muri uwo mwaka nibwo Diana Fossey yavukiye mu mujyi wa San Fracisko muri Leta ya California.gusa ubwo yarakiri umwana muto ababyeyi be bahise batandukana maze Nyina ahita yishakira undi mugabo.rwose ibi ni bimwe mubyateye Diana Fossey agahinda gakomeye ndetse aragakurana binamuviramo kugira igisa n’ihungabana ryo kubaho atishimira abantu ahubwo we atangira kwikundira inyamaswa ni naho benshi bagaragaza ko ariyo soko yo gukunda Ingagi cyane kuko ababanye nawe baba abanyeshuri yafashije mu bushakashatsi bwabo cyangwa abari inshuti ze ngo kuriwe rwose Ingagi yazaga imbere y’Umuntu.
    Dian Fossey yize amashuri ye yisumbuye yiga ibijyanye na Business mu ishuri rya Marin Junior College abikuye kukuba umugabo wari warashatse Nyina yari umwe mu ba Businessman bakomeye muribyo bihe ndetse akaba yaramukanguriye kubyiga; ariko ku myaka ye 19 ubwo hari mu mwaka wa 1951 yongeye kwisanga noneho urukundo yarafitiye Inyamaswa rwongeye kuzamuka cyane mu mutima we maze asezera ibya Business atyo ahitamo kwibera umuganga w’amatungo (Veterinaire) ndetse aba ari nabyo yiyandikishamo muri Kaminuza gusa ageze mu ishuri amasomo y’Ubugenge n’Ubutabire yigaga mbere yuko ajya mu mwuga nyawo wo kuvura amatungo aramugora cyane maze ahitamo kujya kwiyigira ibijyanye no kwita kubarwayi (Occupational Therapy) aho yarangije muri iri shami mu mwaka wa 1954 muri San Jose State College.ndetse byamufashije ko nyuma y’Umwaka umwe yahise abona akazi mu mujyi wa Louisville muri leta ya Kentucky mu ivuriro rya Kosair Crippled Children Hospital aho yakoraga nk’umuyobozi wa Department yita kubarwayi.
    Ariko akora muririvuriro urukundo rwe kunyamaswa yararukomeje kuburyo kenshi yabaga arihafi yabaturage babaga mu bice bitari ibyumujyi bari bafite ama Farm arimo amatungo.urukundo rwa Diana Fossey kunyamaswa rwari akataraboneka.
    #IntsinziTV #DianFossey #Nyiramacibiri

ความคิดเห็น • 8

  • @marieclairetwagirayezu167
    @marieclairetwagirayezu167 2 ปีที่แล้ว +2

    Ushajukanuyamaso wankoziyibibi we nurwo siruto wakivume we

  • @jacquesntabagara3682
    @jacquesntabagara3682 2 ปีที่แล้ว

    Ariko shaaa Eric safari urakoze👍👍✌🏿✌🏿❤️❤️

  • @claudinebigirimana5408
    @claudinebigirimana5408 2 ปีที่แล้ว +3

    Yewe bano bantu ntakindi bazi atari kwica. Pu bazabyishura imbere y’Imana

    • @odetteniyomusaba4789
      @odetteniyomusaba4789 2 ปีที่แล้ว

      Ntakubyishura birenze kamaza isi amaguru bayizereramo arega ntamahoro yumunyabyaha Yesu yarabivuze

  • @user-yi3lw3zb3s
    @user-yi3lw3zb3s 2 หลายเดือนก่อน

    Ubusekoko nyiramacibiri bamuhoyik?

  • @claudemutore7904
    @claudemutore7904 ปีที่แล้ว

    😥

  • @marieclairetwagirayezu167
    @marieclairetwagirayezu167 2 ปีที่แล้ว +2

    Ariko nkawe Zigiranyirazo uralyamugasinzira???nabantu wishe??