IBYO WA MUHANUZI AVUZE NTA MUYOBOZI WABIKIRA😭BARIYERI YA 5-6 NI RURANGIZA😭INYANJA Y'URUPFU IZAMIRA
ฝัง
- เผยแพร่เมื่อ 12 ก.ย. 2024
- #Pamphile_0785781442 #Beulah_Uwashyingiwe
Abagenzi barangije igihugu kiroga, bagera mu gihugu cyitwa Beulah, risobanura ngo Uwashyingiwe (Yesaya 62:4). Icyo gihugu kirimo ikirere cyiza cyane kinezeza ugihumeka. Inzira y'abajya mu ijuru ikinyuragamo; bamara iminsi baharuhukiye. Bumvaga inyoni ziRIRIMBA iteka, bakabona iminsi yose uburabyo burabya, bakumva inuma ziguguza. Muri icyo gihugu izuba riva ku manywa na nijoro; abakigezemo baba barenze igikombe cy’igicucu cy’urupfu. Kandi cya gihanda Bwihebe ntikibasha kuhagera; Kandi Abagenzi bahageze baba bitegeye ururembo bajyamo, ndetse bahahurira na bamwe bo muri urwo rurembo, kuko abarabagirana bamenyereye kugendagenda muri icyo gihugu, kuko gifatanye n’icyo mu ijuru.
USHAKA GUFATANYA NATWE MU BURYO UBWO ARI BYOSE TUVUGISHE KURI 0785781442
Email:beulahministry2012@gmail.com
Muraho neza nshuti za Kristo Yesu, handitse ngo ntitugapinge ibihanurwa ahubwo tubigenzuze ibyanditswe,
Kandi ngo abayoborwa n'Umwuka Wera nibo bana b'Imana, icyo Mwuka Wera akubujije kireka icyo ushidikanyeho muri ibi biganiro usenge Mwuka Wera azagusobanurira hamwe no gusoma Ijambo ry'Imana.❤❤
Icyacumi na maturo s’itegeko ntanubwo bijyana umuntu mw’ijuru igihe cy’amategeko cyararangiye ! Icyo lmana yishimira si amaturo ahubwo n’umutima uyubaha ! Icyo imana idusaba nugufasha abacyene imfubyi nabapfakazi🙏igihe cyamaturo cyarigihe cyabarewi kuko batagiraga gakondo yesu christ ntabwo arumurewi ibyabarewi byararangiye mubaze lmana 🙏
Imana ibahe umugisha kd pamphile Imana ikoneze ikwagure murakoze kukubwira munshamake icyo umuntu akwiye gukora
Tujye dusoma ibyanditswe byera
1 Yh 5:11
[11]Kandi uko guhamya ni uku: ni uko Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo bubonerwa mu Mwana wayo.
Rom 6:23
[23]kuko ibihembo by'ibyaha ari urupfu, ariko impano y'Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.
Yh 3:36
[36]uwizera uwo Mwana aba abonye ubugingo buhoraho, ariko utumvira uwo Mwana ntazabona ubugingo, ahubwo umujinya w'Imana uguma kuri we.
Imana ibahe umugisha mwese. Ahubwo natwe twunvishe lmana idushoboze
Uzagere no munsengero birakenewe cyane
Ko udasubije Pampille, ku kibazo k'imirimo ya kubajije izahesha abantu ijuru , kandi tuziko imirimo myiza izaherekeza abera.
Imana ibandindire
Ariko ibintu uyu mwana w'Imana yadutumweho nibyo pe,kuko kubizera Yesu kristo bayoborwa n'umwuka wera kdi burya mbere yo gukora ikintu gishobora kuvamo icyaha umuntu abanza kumva ijwi rimwongorera kutagikora,muri kintu cyose waba urimo,uri mwishuri,uri gucuruza,muri choral,murugo,ndetse no mumyifatire hagati y'umuntu nundi no kurya arakwigisha,rero numvise impamvu kristo yavuze ko inzira ijya mu Ijuru iruhije kdi abayinyuramo ari bacye,Imana Idufashe pe.
Ndaseka iyo numvise ngo batanga amafranga y'umukeka mu ishyingirwa.
Ubwo baseka padiri urihisha Missa y'uwapfuye.!!
Yuda Yari yizeye Yesu ariko icoyakoze catumye atakaza ubugongo rero icambere kwizera Yesu Kristo hanyuma kuraba ivyukora ntibitume Yesu akwihakana
Nukuri adusubize cyane igice cyambere nicyakabiri ubu ntitwirirwe dusaba imbabazi ku mihigo ni cyacumu ngo twisubiriho twamaze gucibwaho iteka ? Nadufashe atubwire
ndabona mushoje ubu butumwa mubwire rero asubize ibibazo biri muri comment
Maze bigera naho Yesu arwaza nabanyabyaha 1yohana 5:16-18 none hano wagira ngo Imana ntibabarira , ubuse Yesu Yaba yarapfiriye iki?
Ahubwo ndabona uyu yatuma kwizera kwabantu gutentebuka agatuma bakizwa bahagaritse imitima,
MUREKE KUYOBYA ABANTU
Yh 3:15
[15]kugira ngo umwizera wese abone guhabwa ubugingo buhoraho.”
Icyo gitabo cyubugingo umuntu ajyamo amasaaha antahe akongera akakivamo icyo gitabo nigitabo ki knd bible utubwirako uwizera kristo wese ahabwa ubugingo buhoraho
Urakoze kuvuga kuri urya mugani ( kuko buri gihe nibazaga ukuntu urya mugabo yinjiye nta mwenda w'ubukwe!!
Ariko rero ndabona noneho kurokoka bikomeye cyane ,benshi ndumva twibeshya ubugingo !!
Mwiriwe muvandi, njye murububutumwa ndikugira urujijo Bibiriya iravugango ,Yesu niwe nziranukuri nubugingo nta wujya kwa Data atari Yesu ubajyanye none njyendikubona imirimo ariyonzira nshoborakuba ndikubyumvanabi icyo mpamyako umurimo wose ukozwe hanze ya Yesu ntacyo umaze kuko uzashya,nshuti murikwitiranya Itorero ni dini nibyo birikucanga mwidini bemere webo gukora ibyobasha ka pe
Yego disi zakayo amaze kurira igiti ngo arebe yesu amaze kubona yesu yaravuze ngo ibyo nambuye abantu ndabibasubiza kd nabakubire
Imana izahana beshi pe
Imana itwambike imbaraga
Nanjye aha mpagize ikibazo!!
Kurenga barrieres zose ,imirimo ikandimbuza !!
Nibyo kwihana ni byo byambere biranga umukristo
Aho uvuze urabeshye ntufate igitabo cy'ubugingo ngo ukigereranye n'ibitabo byo mw'isi iyo wanditswe mugitabo cy'ubugingo ntabwo Imana igusiba igitabo cy'ubugingo ucyandikwamo rimwe ukigeramo Koko uri umwana w'ubugingo buhoraho .
Murakoze kubwu'ubu butumwa. Mfite ikibazo ku bijyanye n'imirimo mwavuzeho musoza. Koko se imirimo ibaye ituma umuntu ava mu gitabo cy'ubugingo, cya gisambo Kristo yahaye ubugingo nta mirimo gifite, ntihaba hajemo kunyuranya? mudufashe gusobanukirwa. murakoze
Mumbarize iki kibazo: umuntu yakiriye agakiza agahita apfa nta mirimo yari yakora kandi yihannye rwose yarimbuka?
Yego kwihana ibyaha nibyo biranga umugenzi uri murugendo
Iyo warangije kwandikwa mugitabo cy'ubugingo ntabwo Imana ivusiba ntabwo Imana yibeshya ngw'izasibye
Nukuri mwarakoze kutugezaho ubu butumwa gusa turabasabye azagaruke aje gusubiza ibibazo twabajije
Ikindi nihehe umuntu yakura agatabo kumurinzi? Ukavuga kenshi nkumva nifuje kugasoma pamphile uzamfashe unsobanurire murakoze cyane
Wareba hejuru muri ziriya nyuguti Nini ukandeho urazibona Numero ze umubaze
Arko abantu mutinya ukuri wakuba lmana ute? kubaha abakuyobora byarakunaniye bibiliya ivugako icyo tuzahambira mu isi nicyo tuzahambura mu isi no mu ijuru kizahamburwa. Niba wariyemeje kujya murusengero batura nutabikora bizakubera icyaha icyakoze nabona bayobye bakakwaka ibirenze ishimwe ni cyacumi nushaka uzayabime pe
Iyi niyo bridal shower ureke izindi. Imana itubabarire ni ukuri
Icyo mwamwenya umuntu wese ukora ibyaha ni yihane azarimbuka
Mwakoze kudusangiza Aya makuru hari byinshi twakoreshwaga n'abatuyobeje
Nanjye byancanze none se buriya cya gisambo ku musaraba Ko Yesu yamubwiye Ko barabana muri paradizo yajyanye iyihe mirimo?
Ibindi niba icyacumi atari itegeko ni gute kizabuza bantu kubabarirwa niba atabashije kubona ubwishyu?
Mudufashe dusobanukirwe
Ko wifuguruje.
Wavuze ko umuntu ashobora kuba ari mu gitabo Cy'Ubugingo sa tatu ,nimugoroba akakivamo,none ut I Imana yandika umuntu mu gitabo
Cy'Ubungingo iyo nta bariyeri nimwe izamunsinda.
Nagomba kubaz mbega nkabanyeshur bagir ivyo vint iyo bakoze igikoran bakiyemez ivyogukoresh clôture hakab abatang amakam bamaz kuyasenger abarongozi bakayagurish kubakor examen hm ayomaher bakayashir muyo bazokoresh. Ivy navyo nicaha?
Yebabawee
Ubugingo tubuhabwa nugupfira muri Yesu hanyuma tukicuza canke tukigaya ivyaha akarorero cagisambo cizeye Yesu conkera cemera kokizize ivyo cakoze nukuvuga yarizeye yongera arigaya
Nubundi igitabo cyabaglatiya kirakugonga ntabwo dukizwa ni imirimo twakoze ahubwo dukizwa kubwubuntu no kwizera.
Inama nagira uyu muvandimwe nawe naze mu muryango mugari waba Beulah yige kuko twaratangiranye kuva kuri part 1 numvishe afite byinshi akwiye kwiga akamenya kandi ntahandi wabikura ataraha, ngewe ndi Diacone ndakwacyiriye wiyumvemo ikaze
Umuntu yandikwa mugitabo cyubugingo kuko yakoreweho umuhango wera uboneka muri Yohana 3, ntabwo tubiheshwa nimirimo twakoze cg gucyiranuka
Mwiriwe icyiganiro mwakoze cyanteye ubwoba pe none kamwe ko music ko umuntu agiye ko hari nuwuganiriza ntakubwire ikibazo agiye uzamuyobora ute
Murihangana hari amagambo yanshitse agiye ni afite
Ariko mumenye yuko amayerekwa yose ko adatagwa n,Imana na satani arayatanga ibyo amvuga nukubigenzuza Ijambo ry,Imana nonese mubona ariya mayerekwa yikibeho beshi nibatizera kandi arikinyoma I ibyamvuga mubigenzuze Ijambo Kandi umwuka wera azadusobanurira
Yesu ashimwe mfite ikibazo ubwire nonese ko avuzengo umuntu udamfite imirimo ntazatambuka tubarize niba umwana avutse agapfa atarakora imirimo none uwo mwana ntazajya mwijuru ikindi nonese cya gisambo kihannye ku musaraba cyari cyarakoze iyihe mirimo ko yesu yahise agiha ijuru umva udukure murujijo kuko ndumva abagisha bavanga abantu pe kuko nziko kwizera yesu nku mwami nu mukiza bihagije gukizwa urubanza rwiteka rwose ndabizi udufashe kuko tukwizera nkumuntu utuzanira abigisha bazima murakoze unsubize rwose
Nanjye ndunva bidasobanutse neza muri Ezechiel handitsemoko umunyabyaha nareka inzirambi ze ibyakera ntibizibukwa ko azabaho. None aphuye ataragira imirimo ihagije? Bizagenda gute?
Ese umuntu urya bimugoye (aciye inshuro) nawe urubanza rw'icyacumi ruramureba ko uvuga ngo abatarabitanze babishake babitange ?
Mwadufasha kumenya imirimo yakozwe na cya gisambo cyo kumusaraba.? Umuntu wihannye agahita apfa nta mirimo koko nta Juru abona?
😢😢😢😢😢
Nidukora icyaha tumaze kumenya ukuri ntihaba hakiri igitambo kibyaha! Munsobanurire iri jambo ese ubwo ntibishatse kuvugako nidukora ibyaha nkana tukica amategeko y'lmana ntambabazi zihari.
Ndumva ari danger ariko mwibuke ngo azayobya ni ntore niba bishoboka.
None Imirimo yakwambutsa ningahe? Itakwambutsa yo ningahe? Mudusobanurire
None se niba ari umuhanuzi wibinyoma ahubwo nigombwa kwirirwa bajya muri détails ngo yahanuye amarangamutima!!!
Eeee, ngo arishyura ukubye 4 ???????????????
Yewe Ndunva bitoroshye.
Nsoje numvise ibi bice byose ariko natsinzwe pe none se uwahera ubu agakiranuka ntibyamufasha kuzahabwa ubu bugingo?
Yego birashoboka ahubwo tangira nonaha. Imana igushoboze
Gusa ikibazo uyumuntu afise nuko yerekana ko harivyaha birahirwa nibidaharirwa narumiwe
Ko numva Hafi yabose barimburwa nicyacumi nimihigo niba Imana itababarira umuntu,? Ubu se tuzemera iki ? Cg tureke iki? Ko abizera biducanze? Bamwe ngo urababarirwa abandi ngo ntubabarirwa,ubwo se utibuka umubare Imana ko tuziko Ari inyembabazi nigute itakubabarira????
Kabiri ibintu byatuwe bige bigenzwa bite
None se akubwiye ngo ica wamwumvira? Oya ahubwo yesu kristo yatubwiye ko tuzabamenyera kumbuto zabo umwuka nubwenge lmana yaguhaye kd ugenzuje ijambo ry'lmana ubundi numara kumenya ukuri bireke
Mudusobanurire none Ababa bejeje imyaka bakazana 1/0 cy'ibyo bejeje mu rungero ese baba bakoze icyaha ? Ese
Bajye babigurisha mu.isoko bazane F ?nimudisobanurire
Yemwe ndumva bitoroshye! Gusa icyo nakwisabira abantu baza bavuga ko batumwe n"Imana ni ukuvga ibyo batumwe bakareka logic zabo cg uko babyumva. Uwavuga uko abyumva nabyo akavuga ko atari ibyo yatumwe.