YESU YAMAZE KUTWEZA NO KUDUKURAHO IBYAHA BYACU BYOSE ARICARA

แชร์
ฝัง
  • เผยแพร่เมื่อ 30 พ.ค. 2024
  • Yesu yamaze kutweza no kudukuraho ibyaha yocara iburyo bw’Ikomeye cyane yo mu ijur. Ntabwo Yesu azatweza cyangwa se ngo adukureho ibyaha mu gihe kizaza ahubwo ni igikorwa yamaze gukora kera ubwo yapfiraga ibyaha byacu ku musaraba rimwe gusa ngo bibe bihagije iteka ryose. Kuba wumva utera cyangwa se utari umukiranutsi byaba gusa ari uko wanze kwizera ko wababariwe ariko ntabwo ari uko Imana itakubabariye muri Kristo Yesu. Yesu yapfuye rimwe gusa kandi yapfiriye ibyaha byacu byose ntabwo azongera kudupfira yewe n’Imana yahamije ko ibyaha byacu n’ubugome bwacu itazabyibuka ukundi.
    Imbabazi z’ibyaha kandi z’iteka ryose twamaze kuzihabwa ntabwo ari igikorwa gikomeje kubaho ahubwo cyabayeho rimwe gusa. Guhora twiyeza cyangwa se abantu bakatubwira ko badufasha kwezwa cyangwa se gukurwaho ibyaha, ubwo ni ubutamenya kandi ni ukutizera. Amaraso atavuye ntabwo hariho kubabarirwa ibyaha, amaraso rero yaravuye kandi yari amaraso y’igitambo kizima kandi kizira inenge kandi yavuye kugira ngo tubabarirwe ibyaha kandi Imana yamaze kutubabarira mu buryo bw’iteka ryose.
    Ubundi ubunyabyaha bw’umuntu ni kavukire ye yo kuri Adamu ntabwo ari imbuto z’ibyaha umuntu yibonaho. Umuntu rero no mugihe atibonyeho izo mbuto buryo aba ari umunyabyaha. Imana ishimwe rero ko nk’uko Adamu yatugize abanyabyaha tutabigizemo uruhare ari nako Yesu yatugize abakiranutsi ntaruhare tubigizemo.
    Hari n’abatekereza ko kwizera ko twababariwe ibyaha byacu byose byatuma twikorera ibyaha uko twishakiye ariko sibyo kuko Yesu niwe uramiza byose ijambo ry’imbaraga ze. Ibyo bivuze ko ahubwo ibyatunesheje byose kubw’intege nke za kamere yacu, ari nawe ufite imbaraa zo kubituneshereza kuko Kristo Atari umugabura w’ibyaha.

ความคิดเห็น • 11

  • @jeanboscokumirwa3830
    @jeanboscokumirwa3830 2 หลายเดือนก่อน +2

    Imana ihimbazwe ku muhati wanyu bene data.

    • @emilen2012
      @emilen2012  2 หลายเดือนก่อน

      Amen

  • @NyiramariroAgnes
    @NyiramariroAgnes 2 หลายเดือนก่อน +1

    Ndabishimiye bavandimwe Imana yaba haye Umugisha

    • @emilen2012
      @emilen2012  2 หลายเดือนก่อน

      Amen. Urakoze cyane

  • @MusabyimanaJoseph-jv3bv
    @MusabyimanaJoseph-jv3bv 2 หลายเดือนก่อน +1

    Amen

    • @emilen2012
      @emilen2012  2 หลายเดือนก่อน

      Amen

  • @EugenieNdabavunnye
    @EugenieNdabavunnye 2 หลายเดือนก่อน +3

    2 korinto 11:23-28 Urugendo rwabagoye bavandimwe ariko umuhati wanyu si uwubusa Ku mwami wacu,n'abatubanjirije bagiye bitanga kugira ngo uyu munsi tube dufite guhamya Kwa christo,Uwiteka nyiringabo abakomereze amaboko . 😂

    • @emilen2012
      @emilen2012  2 หลายเดือนก่อน

      Amen

  • @JNissi-pu2rq
    @JNissi-pu2rq 2 หลายเดือนก่อน

    6:00
    Gukizwa si uguhindura ingeso????
    Narinzi ko iyo umuntu akijijwe hari ibihunduka muri we!!!!
    Narinzi ko imyitwarire n'ingeso byose bihinduka, imitekerereze n'imigirire.

    • @emilen2012
      @emilen2012  2 หลายเดือนก่อน

      Turagusuhuje. Nibyo iyo umuntu akijijwe Hari impinduka zibaho Mu buzima bwe ariko umuntu yanahindura ingeso bitewe no gukura(imyaka agezemo), bitewe na society arimo n'ibindi byinshi.
      Ntabwo rero agakiza ari uguhindura ingeso ahubwo agakiza ni ukubabarirwa ibyaha. Luka 1:77

    • @JNissi-pu2rq
      @JNissi-pu2rq 2 หลายเดือนก่อน

      @@emilen2012
      Kuba hari impinduka nziza zizanwa n'agakiza ibyo birahagije.
      Naho guhinduka bitewe n'ibindi byo sibyo twarebaho.
      Gusa ntabwo twakora ibyaha ngo ubuntu busage.