Theo Bosebabireba - IJAMBO RYAHINDURA UBUZIMA EP133
ฝัง
- เผยแพร่เมื่อ 31 พ.ค. 2020
- Theo Bosebabireba yavutse ku itariki 3 Nyakanga 1977 (Imyaka 43), yavukiye ahahoze hitwa i Kibungo ubu ni mu Karere ka Kayonza mu Cyinzovu.
Ubu atuye i Kigali ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Yatangiye gusogongera ku nkongoro y’uruhuri rw’ibibazo byiganjemo ubuzima bubi yabanagamo na nyina mu nzu ya muviringo y’ibyatsi agakorwa mu bisebe na se wihakanye nyina.
Theo Bosebabireba yaje i Kigali bwa mbere mu 1997 aje gukora akazi ko mu rugo gusa ntikamuhiriye kuko yirukanwe rugikubita akazi kamunaniye.
Yatonzwe bikomeye n’ubuzima bwo mu mujyi kuko yari amaze imyaka igera kuri 20 aba mu cyaro, aho yari amenyereye cyane guhinga, gucukura imisarane no kwikorera imizigo gusa.
Amaze kwirukanwa mu kazi ko mu rugo yasubiye mu cyaro, ariko Nyuma aza kugaruka i Kigali, amara imyaka itatu ari umuzunguzayi, yacuruzaga imiti y’imbeba, sentoni, imbuma, inshinje, inzembe, ibikwasi…akazi kamusabaga gusakuza cyane ngo abone abaguzi.
Ubuzima bwari bubi cyane nta n’inyungu y’amafaranga magana atanu yabonaga ku munsi.
Ibyo byaramunaniye asubira mu cyaro guhingira abantu, akomeje ibyo gucukura WC.
Nyuma y’igihe gito ariko ahagana muri 2003 nyina yitabye Imana, Theo asigara arera mushiki we umugwa mu ntege na we yavukanye ubumuga bwo kutagira amaboko.
Ubwo Bosebabireba yashyinguraga nyina, byabaye ingorabahizi kubona imbaho zifashishijwe mu gukora isanduku bamushyinguyemo kubera ubukene.
Icyo gihe ibibazo byarushijeho kwiyongera biturutse ahanini kuri se wabihakanye.
Theo Bosebireba ntiyagize amahirwe yo kwiga ngo akomeze nk'abandi kuko yagarukiye mu wa Gatatu w'amashuri abanza nawo ntiyawurangije neza.
Icyo gihe yagiraga n'impano yo gukina umupira nubwo yigaga nabi, igihe cyarageraga abarimu bakamugarura ku ishuri iyo babonaga hagiye kuba imikino ubwo ngasubira kwiga.
Theo yaje gushaka umugore, yarakiri na muto, yashakaga uwo bafatanya ibibazo, icyogihe yakoze ubukwe ntanibihumbi 20 afite.
Amaze gukora ubukwe yagarutse i Kigali, agarukana umugambi wo gucuruza ikarito, nabwo ntibyari byoroshye kuburyo hari igihe yamaze imyaka 2 arya ubugali saa Sita na nimugoroba byibuze ariko byarutaga ubuzima bwa mbere.
Aho umutindi yanitse ntiriva, Muri Gicurasi 2006 abajuru baje kumutera baramwiba , aha ninaho yatangiriye kujya mu byumba by’amasengesho, ashaka kumva ijambo ryamuhumuriza, akajya yitabira amateraniro, akirirwa asenga, ahinduka umukristo ukomeye.
Muri uwo mwaka kandi nko mu kwezi kwa Nzeri nibwo yatangiye umuziki, aho yajyaga ahantu basenga akabasaba gushima Imana mu ndirimbo.
Bamwe batangira kujya bamubwira ko azi kuririmba, bakamugira inama yo kujya muri Studio, nawe atangira kubitekerezaho gutyo.
Theo Bosebabireba yishatsemo ubushobozi yinjira muri studio yari iya ADEPR icyo gihe yaririmbye indirimbo ya mbere yitwa ‘Bosebabireba’ n’urundi rukurikirane rw’indirimbo zari zigize album yahereyeho yise ‘Ibigeragezo si karande’.
Iyi album amaze kuyisohora abakirisitu mu nsengero zitandukanye batangiye kumutumira akabaririmba bakamuhemba ari naho yakuye ubushobozi bwo kwishyura studio yamukoreye indirimbo.
Yahise afatiraho muri Muzika, arinabo yahise asubira mucyaro azana Madamu n'umwana umwe bari barabyaranye, umugisha utangira kuboneka ubuzima buragaruka.
Theo yabayeho mubuzima bugoye kuburyo mbere yo gukizwa yari yarabaswe n'ibiyobyabwenge, yageze kurwego anywa Lisansi agotomera nk’amazi, kugeza ubwo byigeze kumusaza ari nabwo yahise abirekera rimwe na rizima.
Uyu mugabo yavuzweho byinshi na nyuma yo kwamamara mu muziki, aho yavuzweho kunywa inzoga, avugwaho no guca inyuma umugore we, ndetse humvikana n'abatangabuhamya bavuga ko yabyaranye nabo akabihakana, gusa ibi byose Bosebabireba abihakana yivuye inyuma, kuri we, ngo Iteka ryose yubakira ku kwihangana.
Abamuvugaho nabi, Abifata nk'inzira Sekibi akoresha mu rwego rwo kumurwanya no kumusubiza inyuma, ariko kuriwe afite Isezerano ry'Imana yamubwiye ko adakwiye kwita ku mitego ya Sekibi ndetse ko Imana yamubujije gusubizanya n'abo Satani akoresha mu kwanduza izina rye.
Kuri we ibyo yanyuzemo yihanganiye cyane birakomeye cyane kurenza abamuvuga.
Amaze gukora indirimbo zirenga ijana, zikubiye muri Album 10. umuziki wamuhinduriye ubuzima , awukuramo ubutunzi, burimo inyubako nziza yaguze muri 2010, n'ibindi umuntu atarondora.
Kuri ubu afite abana batandatu, abakuru bariga mu mashuri yigenga kandi ahenze.
Mu mafaranga yavanye mu muziki, Theo Bosebabireba yubakiye imiryango inzu nziza imiryango itatu itaragiraga aho kwikinga ndetse afite n’abandi bantu benshi afasha ariko ntabishyire mu itangazamakuru.
Tujye dushimira abantu bakiriho babyiyumvire, uyu Mugabo yasannye Imitima ya benshi binyuze mu bihangano bye, ni umwanditsi mwiza, ni umuririmbyi w'umuhanga, akwiye imigisha yose no kumwubahira kuba Imana yaramuhisemo ikamukoresha.
Dash dash turagukunda cyane dukunda kukumva kenshi,ejo uzadusobanurire kundwara yubuhumekero:
Guhumeka umuntu akabyumva,
Umuti uvura asima.
Iman ninziza yarakoze cn namw muhezagigw cn❤❤❤❤theo yasubijemw ivyiringiro kbs
Nukuri urakoze dashimu ndagukunda
Yooooooooooo 😭Imana ninziza peee!ihindura amateka nukuri 🙌🙌
Urakoze erega satani abashakisha umukiranutsi ark Umwami Mana iratabara knd igiti gitemwe kirongera kigashibuka
Iyi msg yawe ifashije ubuzima bwanjye Cyane ! Imana ishimwe yo yaguhaye iyi mpumeko
Muvandi nawe utugezaho ayamakuru Imana ijye ikomeza kukurinda
Dashimu wampinduriye ubuzima singe gusa ahubwo murugo range rwose!!! Uzadusubiriremo ijambo RYA Munezero Akin bujoux
Urakoze kutugezaho inkuru ya teo ibyo bizatuma tukwemera dashimuwe urayoboye impano niyawe rwoxe
Uzamugarure Theo bosebabireba aranfasya
nukuri kubahonabi bigiriherezo warakoze Theo kumasomomeza yahindurubuzima
Imana yaramuhinduriye amateka.abamugwanya lmana izobagaragaza
Uzaduhe ikiganiro cya Theo bosebabireba na Israel mbonyi
Mbega ubuzima mugihe ugihumeka namamvu zokwiheba akuka kagisohoka nukihebe tunamushimireko yabaye umustar Niyibagirwe umuryango kandi Nakure imana itakura umuntu nanakure itakugeza Amen thx dash dash
Towo bose babireba❤
Theo bosebabireba ndamukunda pe aririmba indrimbo zinfasya kumutima
Theo bosebabireba ndamukunda
Theo Imana imuhe umugisha
Mukomereze aho Mwahisemo itangazamakuru ryiza. ijambo ryahindura ubuzima riratwubaka
Ntakure habaho Imana itakura umuntu kbx! Byose biva mu kwizera
Imana iguhezagire cane kandi ikwongere ubwenge nukuri iki kiganiro cawe kirampimbara cane
Bambe nuwiwacu
Amen
Urakoze Ibyim Manaidukolela nibilebile mubuzima byumuntu .
Yes
nukuri irijambo niryiza cyane
Yooo Ntaho Imana itakura umuntu
Ndagushimira, Kandi ndagukunda, usana
Merci beaucoup Dash
uyu mugabo najyaga mwumva muri negative judgement gusa!naho ni umugabo w'intwari gusa!abagore bahindura image y'umuntu cyane
Cyakoze yabivuze ukuri
Ndakwemera adashmu
Amen murakoze caneee
Urakoze cyane pe
Nkunda ibiganiro byawe.
Ariko abo bakobwa birirwa bavuga ko yabateye inda hari uwo afata kungufu! Nabo baba babyemeye bajye baceceka kuko urwigishigishiye ararusoma.
Tupo ziwa ❤ turamufana Bose babireba💃💃💃💃
Dashim we ndakwemeeeera nturobanura ukuri niko wemera hagowe utavomera kw'iriba ryihishe muri wowe
Thanks brother Dash mukomereze aho kubanyafurika
Uratubwira ijambo ryahindura ubuzima rya president wacu wigihugu cuburundi evariste ndayishimiye
Nukuripe🙏
Nice
Uvuze ukuri ncuti? Theo araduhezagira cane kandi turamukunda pe
Yooohh! Buriya ntaho itakura umuntu pe!
Har'abantu batuye kw'isi arko barushwa urukundo ni nyamaswa!!
Theo uri umukristu umuhanuzi
Imanantiyivuguruza
Mbega Imana 😭😭
Wakoze dashim kutugezaho irijambo hakiri kare
Wavuze amagambo akomeye imana ikongerere imbaraga
Urumunyabwenjye mwijambo
Turagushyigikiye dashimuuu
Aho umutindi yanitse ntiriva
God blessing him
Komera dash dash
God bless him
Urakoze bro
Dash wamugabo we icyo nsaba nukugirango batazagushishura insanganyamatsiko yawe.
Satani abantu nkabo ntabanezereregwa akora ibishoboka vyose kugira abacintege.ariko yaraneshejwe mwizina rya YESU
Komerezaho abazagushishura bazaba bameze nki noti zafek, ntugirubwoba
" NAKUBWIYE GUKUBITA UTABABARIRA MANA , WARABIKOZE , ARIKO NONEHO UNAMURA ICUMU MANA KUKO NANJYE NARIMBIGENDEYEMO ". _ Theo BOSEBABIREBA.
Isi yatuguye nabi
YESU NIYAMAMARE HOSE TV
"Dore hazaba umunsi utwika nk'itanura ry'umuriro, abibone bose n'inkozi z'ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Malaki 4:1
Nanjye ni cyo gitumye mbahindura abanyagisuzuguriro, mugahinyurwa imbere y'abantu bose kuko mutakomeje inzira zanjye, ahubwo mukarobanura ku butoni mu by'amategeko. Ibyaha by'abantu b'Imana n'ibyaha byo mu ngo
"Mbese twese ntidusangiye data? Imana yaturemye si imwe? Ni iki gituma umuntu wese ariganya mwene se, tukica isezerano rya ba sogokuruza?
Yuda yarariganije, kandi bakoze ibizira muri Isirayeli n'i Yerusalemu. Yuda yacumuye ku buturo bwera Uwiteka akunda, kuko yarongoye umukobwa w'imana y'inyamahanga Amen.
Malaki 2:9-11
Mwene Data, ntacyo twakora,cyindi uretse kwirinda icyaha n'igisa nkacyo.
SANGIZA ABANDI UBU BUTUMWA BWIZA
Wifuza ubufasha,bwokujya uhabwa Izinyigisho,cyangwa gusobanurirwa zimwe munama zagufasha kwihanira kureka?
Cyaneko hariho bamwe muri twe bamaze kuba imbata zibya.
TWANDIKIRE TUGUFASHE KUBUNTU
+260974550458
MURAKOZE
EV.ISAIEqss
=
Ariko uramenye ubwuje mubanya Rwanda ntibazakugiririre ngubatake
Dashim jyewe urampumuriza Imana u
❤❤❤❤❤
LOVE YOU DASHM URAMFASHA
Urumuhanga turakwemera
Uzaduhe na Israel mbonyi
Thanks
Ariko nkunda ibiganiro byawe shahu Ibiganiro byawe biranyybaka pe
Muvandimwe nkunda urumuhanga nifuza kukumenya ukorera héhé ?
Hello dashimu uzadusha archier william
Rekareka harigihe niyunvirakwimana yamurungitse nkamarayikawayo
Ndabemera cyane
Yooo byose.lmana.niyibikora
Amen
Uzatubwire no kurisafi madiba
Kabisa dashim turagukundaa cyanee utwungura Ibiza burimunsi nonese wampaye ubufasha kuriya channel yanjye plz 🙏🙏🙏
keep it up bro
Hello dashim iminsi myinshi noneho waduhinduriye uyu munsi pe
Waaaaaaa kbx
Videos
Urumusaz pp nge waranyemeje
🙌🙌🙌🙌🇧🇮🇧🇮🇧🇮🇧🇮
Ijyi cye kabiri
Imana iguhe umugisha kutugezaho gahunda za Teo bosebabireba rwose lmana irahambaye ihindura ibyanze guhinduka
komezusenge aphrodis theo ndakwemera,kuko ibyo uvuga mbona arukuri komereza aho tukuri inyuma
Imana iguhe umugisha
Urakora pe
Theo lmana izokuburanira wewe wihagararire gusa.ivyawe lmana ibirimwo
Dushakire Jean jacques Rousseau
Dakwemera musa akakantu nkaka koko wagatecyerejeho gute?
Salute dashim turakwemera byahatari dushakire Jean jacques Rousseau
Koteo nakomereze aho
Cyokoze nikibazo cyigihe pee
Wazatubwiye,, Kiri Madam Ellen G. White??!
Thanks for doing
Dash dash yubahww
Mbese nigute umuntu yakugezaho ijambo ryahindura ubuzima?
Amen
hey wazansobanuriye izina Martens
Kandi wabona Theo akigira abafana! Theo rwose wapi, Amabi ye yubatse ikirunga hagati y'isi n'ijuru
Imana ikubabarire kuko utazi ibyo uvuze ,kuki mwigize abacamanza Koko ibyodukora nibyinshi kd lmana ibyerekanye ntawabona aho akwirwa ,ndagusabye ubanze ukure umugogo mujisho ryawe
@@laurencemusa8263 ubwo nawe mutafatanyije
@@joandjo9182 Sha ntacyo dufatanyije pe sindanamubona ark urubanza si urwacu ahubwo nurw'Uwiteka kuko twese turibabi pe ntimugace imanza rero
@name muvandi ushatse wajya wicecekera, utamucira urubanza ukazarucibwa.
@@mugishadavid9635 azabure kwihana yihagararaho NGO bamucira imanza. Ariko kuki mwitwaza Bible mugakora amafuti? Noneho ijambo ry'Imana ni umufatanyabikorwa w'abanyabyaha Bo mwitorero?
Niba utabizi Imana yanga urunuka abayiribatira urusengero.
Kuba yiyita umukozi w'Imana akagenda asambana nk'inkoko, akabyaragura abana yarangiza akabara, ugirango Imana birayinezeza?
Ko yahitinze aririmba se kuki atahitinga yihana Ku mugaragaro nk'uko yahemutse Ku mugaragaro?
Anyways nta kabuza si mushiki wawe yandaritse, ivugire uko ushaka!
Kuvuga ukuri # guca imamza
😂😢😮😅❤❤❤ 6:19 6:21
Dashimu wampinduriye ubuzima singe gusa ahubwo murugo range rwose!!! Uzadusubiriremo ijambo RYA Munezero Alin bujoux
Umurage wabera tv
Umurage wabera tv
Umurage wabera tv
Urakoze cyane pe
Nice
God bless him
Hello dashim iminsi myinshi noneho waduhinduriye uyu munsi pe
Videos
Nice
Videos
Ndimubarundi bashima ivyomukora ndabakunda caaan!