Muri ABAPAGANI🙄Nta MUROKORE ukora DIVORCE/Nta KWIHAMBIRA ku MUPAGANI/Pr RUTAYISIRE ASOBANUYE BYINSHI
ฝัง
- เผยแพร่เมื่อ 12 ต.ค. 2024
- #AGAPETV
Ganira natwe #250782196087_Theo_Whatsap
Kurikira #FacebookPage: www.facebook.c...
Kora S U B S C R I B E ujye umenya byinshi unafashwe mu biganiro n' ubuhamya bwa GIKIRISTO
AGAPE Tv ni urubuga dusangiriraho ubuhamya, inyigisho, ibiganiro bya gikritsto ndetse rukakumara amatsiko ku nyandiko z'abahanga, Abatubanjirije mu rugendo,Ibyibazwa....bigamije kukubaka mu gusobanukirwa ibyo wizera.
Twubakiye ku ndangagaciro z'abavutse ubwa Kabiri nkuko Ijambo ry'Imana ribivuga mu butumwa bwiza uko bwanditswe na Yoh 1:12. Bityo ni ibyo dutanga hano byose bigamije gukomeza gushyigikira Umukristo udukurikira.
Wifuje kutwandikira koresha: u.theos2030@gmail.com
Wifuje kudushyigikira: +250782196087(Momo,WorldRemit,...)
Sha ko mbaye uwambere mwankandiye kwifoto abachr❤❤❤ nukuri uraba ukoze cyane
Pastor Rutayisire, turagukunda cyane
ariko uzatwemerere utwigishe ku izina umurokore n'izina umukristo, wo kabyara we.
kuko ijambo umurokore mbona nawe urikoresha kandi uri umunyabwenge twemera, warize ikinyarwanda neza cyane.Mbivuze kubera ko burya ururimi rw'ikunyarwanda ni urukene cyane ku magambo, amagambo menshi tuyakoresha mu nyito zitari zo.
njye kuva nakwakira Kristo nk'Umwami ni Umukiza, simbikunda iyo umuntu anyise umurokore ; ariko abanzi neza mbabwira nti mukanyite umurokore, njye ndi umukristo. Kuko mbona abarokore benshi badakora nka Kristo.
kuki twitwa abarokore? twarokoye nde? njye numva umurokore ari Yesu Kristo gusa.
twe twakagombye kwitwa" abarokowe'. Abarokowe na Kristo, mu giporoso abakiriye Kristo twabitaga abakijijwe!
ntabwo twigeze twitwa abakijije😢
iri zina umurokore ryavuye he? rivuga iki?
kuko abarokore ntibashaka kugenda nka Yesu, ntibashaka inzara, ntibashaka kugenda n'amaguru bajya mu ivugabutumwa....
nyamara umukristo njye muzi nk'uwa Kristo, ugenda nka Kristo, ugendana ingeso n'ubutwali bwa Kristo.
nyabuneka dufashe kuko uyu murokore asebeje Itorero rya Kristo.
njye mbona umurokore atari umukristo kuko ntiyitwara nka Kristo!
Thank you very much pastor
Ariko wowe Pastor Rutayisire, uri Umukristo , uri uwa Kristo❤️
Pasteur wacu ,iteka Aho nkubonye ngutega amatwi, imigisha myinshiiiii cyaneee kunyigisho nziza zitwubaka🎉🎉🎉
Njya nshima Imana cyane yo yantabaye ngatandukana na giti mujisho cyari cyaranyishe. Kuva nabona gatanya imyaka ibaye 12.ubu nuzuye umunezero 😂😂 ndishimye ndanezerewe. Ntegereje kuzajya mwijuru nuzuye umunezero.
Ndagunda
Pastor Antoine ibyo wavuga byose nabyumva 200% kuko usazanye n'umugore wawe! Naho abo bashenye ingo ntacyo bambwira rwose! Nonese uzaza kunyigisha ngo dore uko byansinze wowe uzabitsinde gutya 😳 Yesu yaravuze ngo ntawe udoresha igitambaro gishaje kumwenda mushya.
Yego p icyo gihe haba harimo umwe wishushanya
Erega gukurikira Yesu ntibyoroshye ni ukwikorera umusaraba wawe.
Ibyo mose yavuze,n,ibyo yesu kristo yavuze igikomeye n,ikihe?
Agape TV mwakoze kutuzanira Pr Rutaisire. Ibi bintu by'ama devorce menshi araterwa ahanini n'ikitwa Western civilization igenda ishinga imizi mubihugu byacu, bityo umuco n'indanga gaciro byacu bigenda bizimira. Ninayo mpamvu muminsi iri imbere umwimerere w'amatorero ya gikristo azahura n'inta bara zo gugatirwa guhindura amahame akomeye ya Bibiliya agenderaho. Ibyo abantu baraza kubibona bidatinze
Ndemeranywa na Paster Rutayisire 100/100 nta barokore babiri ba divorce
Pasta urakunzwe
Ese ubundi paster tuzakomeza kugendera mugihe cya mose cg tuzagendera mugihe turimo?gusa abana b,lmana ntiba divorca kuko iyo bagiranye ibibazonbariyunga
Nibyo rwose Divorce ni umusaruro wumwe cg bombi mu bashakanye. Ntaba kijijwe bombi badivorca.
Ndemeranwa nawe Pastor ,nta barokore babiri bakora ayo mahano ngo ni divorce ahubwo ibaho mugihe umwe ari umupagani cg bombi ari aba pagani ,ukuri %
Hanyuma se emotional abuse yo ntiyemerera umuntu divorce? Umuntu akwica mumarangamutima akakwambura ubumuntu. Ningombwa ko umwihambiraho?