Kuki Yesu yabambwe? By BWANAKWERI William

แชร์
ฝัง
  • เผยแพร่เมื่อ 13 ก.พ. 2021
  • BWANAKWERI William
    Tariki 14/02/2021
    ICYIGISHO CYA 3
    KUKI YESU YABAMBWE?🎙
    Kuki Yesu aticishijwe amabuye? Kubera iki atatewe amacumu cg inkota ahubwo akabambwa ku musaraba.
    Ndakwinginze ngo iki cyigisho ucyumwe kuko kugisobanukirwa bituma usobanukirwa neza aho dukwiye gutangirira urugendo rwacu rw’ibya Mwuka.
    Yohana 12:32
    Iri jambo risobanura ko Yesu yari kubambwa ku musaraba bikaba bishohoje ubutabera bw’Imana.
    Mu kubambwa kwa Yesu hari hagandagaje amahanga abiri, Abayuda (abantu Imana yari yarahekesheje ubwiru bw’agakiza) n’Abaroma; ayo mahanga yombi ntiyavugwaga rumwe ariko bumvikanye ku gihano cyo kubamba Yesu.
    Kuva 20 & 25
    Abayisiraheri nibo Imana yari yarahaye amategeko 10, yarabahaye igishushanyo cy’ubuturo bwera kgo ibe hagati muri bo.
    Igihano cyo kubamba ku musaraba cyatangiriye mu gihugu cya Libanie kera kitwaga Fenesiya basengaga imibumbe yo mukirere n’isi irimo bakanga kuyihumanya bahambaho abo bitaga abagome bagahitamo kubabamba.
    Ku Abaroma kubamba Yesu byari kumubabaza, kumushinyagurira, ... byagarukiraga aho.
    Ariko Abayuda babamba Yesu bari bafite indi mpamvu bungiwe na satani, bari bafite intego yo kumuhindura ikivume.
    Gutegeka kwa kabiri 21:22-23
    Umuntu wabambwaga yabaga abaye ikivume atabasha kubabarirwa n’Imana. Igihe cyose Yesu yamaranye n’Abayuda abagirira neza anabigisha ubutumwa bwo kwihana ntago satani yigeze yemerera Abayuda kumwumva.
    Kuva Yesu yavukira mu Isi satani yashatse kumwica uhereye mu gukoresha umwami Herode. Ngurwo urwango satani yanze Yesu kuva akivuka, ni nawe wibukije Abayuda ko ubambwe ku giti aba ari ikivume abyibutsa Abayisiraheli.
    Yosuwa 8:29
    Aba bagiye bahabwa igihano cyo kubambwa mu gihe cya Yosuwa.
    Yosuwa 10:16-27
    Urundi rugamba Abayisiraheli barwanye bashaka kwigarurira ibihugu, abami baho bamanikwa ku biti.
    Yesaya 53:4
    Yesu yamanitswe ku giti kugirango abe ikivume mu mwanya wacu.
    Ntitwacunguwe na Kristo nk’umwami uganje mu ikamba cg w’umubwiriza ukomeye, ahubwo ni Kristo wabambwe ku musaraba. Kristo yazize ibyaha byacu, ahinduka icyo twaricyo kgo aducungure.
    Ari mu gashyamba ka Getsman yabonye ko igikombe yari agiye kunyweraho cyari gikomeye cyane.
    Bamwe bashaka kwerekana inzira y’umusaraba berekana ko Yesu ikibazo yari afite ari icy’umubiri, kwambara ubusa, kubabazwa k’umubiri ariko icyibazo cye cyari ugutandukanywa na Se by’iteka ryose kubera icyaha.
    Abagalatiye 3:13
    Zirikana cyaneee yuko dukeneye gukura muri Kristo tukumva umusaraba neza kurenza uko twabyumvaga.
    Abaheburayo 2:1-3, 9
    Aya magambo arakomeye cyane.
    Urupfu Yesu yapfuye si uru twebwe dupfa kuko tuba dutegereje umuzuko. Urupfu yapfuye ni urwa 2 rwarundi rutegereje satani n’abambari be.
    Ese ni ubuhe buhamya dutanga ngo twerekane urukundo Yesu yadukunze agacungura ubugingo bwacu?
    Reka dusabe Imana kwakira Yesu, tumwemere kandi twakire igitambo yadutangiye, nibyo mbasabira nanjye nisabira mu izina rya Yesu. Amen 🙏

ความคิดเห็น • 1

  • @ABANA_rw
    @ABANA_rw 3 ปีที่แล้ว +1

    Abana b'Imana tv