Nimushake MUNYANGE ndabivugðĨiby'IMITI yoKUBONEZA/ABAHANUZI barabikabya/KUBYARA si ITEGEKO/RUTAYISIRE
āļāļąāļ
- āđāļāļĒāđāļāļĢāđāđāļĄāļ·āđāļ 6 āļĄāļĩ.āļ. 2024
- #AGAPETV
Injira muri Whatsapp Group ya AGAPE FAMILYðchat.whatsapp.com/CGLJaW7dWLo...
Ganira natwe #250782196087âââââââ (Whatsap)
Kora S U B S C R I B E ujye umenya byinshi unafashwe mu biganiro n' ubuhamya bwa GIKIRISTO
AGAPE Tv ni urubuga dusangiriraho ubuhamya, inyigisho, ibiganiro bya gikritsto ndetse rukakumara amatsiko ku nyandiko z'abahanga, Abatubanjirije mu rugendo,Ibyibazwa....bigamije kukubaka mu gusobanukirwa ibyo wizera.
Twubakiye ku ndangagaciro z'abavutse ubwa Kabiri nkuko Ijambo ry'Imana ribivuga mu butumwa bwiza uko bwanditswe na Yoh 1:12. Bityo ni ibyo dutanga hano byose bigamije gukomeza gushyigikira Umukristo udukurikira.
Wifuje kutwandikira koresha: u.theos2030@gmail.com
Wifuje kudushyigikira: +250782196087(Momo,WorldRemit,...) - āđāļāļĨāļ
Numwe Imana itaguhaye umugisha ntawe washobora,nawe ubwawe ntiwakibasha atari Imana igutunze urutoki.
Erega ibi mubimenye kuba ibintu byavugwa pst Antoine ntibivuga ko Ari Imana ibivuze kd mubimenye mureke kwizera abantu kureka Imana. Mubyirinde kd esprit yo gufana mubyirinde mukurikire ijambo ry'Imana.
Mon pasteur urakoze kudukura murujijo n'uyoboye ikiganiro turamushimiye,ibyo uvuga bira sobanutse, kdi murakoze cyane turabakundaâĪâĪâĪ
Kuboneza urubyaro ni gahunda yabantu ariko ntabwo biri muri gahunda yâImana.
Uvuze ibintu nange ndabyunvise. Urakoze cyane
Pastor ntakibi avuze rwose, ahubwo mujijuke mumenye gukura icyiza mukibi, ninde muri mwe wishimira kubona umwana we asabiriza, uko waruha uhahira abana 2 ntibingana nuhahira 6, ntamuntu ukubujije kubyara gusa uzarebeko abo ugiye kubyara batazakubwirango wambyariye iki? kandi mutandukanye kuboneza urubyaro nokwica, kuko benshyi niko babifata ariko sibyo, kuboneza birinda iremwa ryumwana. naho kwica nigihe habayeho iryo remwa ryumwana hanyuma akavanwamo nanyina ntampamvu cg ikibazo umwana afite.
Kuba hari abatemera ko gukoresha uburyo bitandukanye bwo kuringaniza imbyaro isi yadushyiriyeho ari bibi ntabwo byabihindura byiza. Uretse ko no kubyara abo tudashoboye kurera ntabwo Imana ibishyigikira. Abantu bagomba gutegeka imibiri ibatera kubyara benshi. Ubwo nari maze kwifungisha marayika yarantonganyije ambaza impamvu nabikoze. Naratakambye cyane ngo ambabarireâĶ..
Mbereye yo kujya kwibaza byinshi banza utekereje mumyaka ishize uko imibereho yarimeze ugereranye nubu urahita ubona igisubizo
iyo ubyaye umwana akajya yiba kubera wamuburiye ibyo kurya uba umuhinduye umunyabyaha kandi yaravutse ari umwere. kuboneza urubyaro muri iyi minsi ni mandatory. urumunyamugisha uburyo naturelle bwagukundira ariko budakunze wanakoresha ubwakizungu. bityo N'urubyaro rwacu rugahesha Imana icyubahiro rudahindutse abagizi ba nabi
Nyamara muzakurikira abantu babayobye,ariko nimukurikira ijambo ry'Imana ntimuzayoba ,mujye mwumvira Mwuka wera nibwo mutazayoba kuko mumenye ko Imana yo muri Eden ninayo ya none ndetse n'iteka ryose.
Agakiza ufite kangana no kwizera ufite.
Mwongere imbaraga zo kwizera Yesu arashoboye !
Good educator, nkunda ukuntu uri umuhanga munguni zose kandi nkakunda ukuri ugira. Imana ikomeze ikwagure mubyeyi!!!!!!
Umwuka utarimo ubwejye urayobya kubyara abana bakaba umutwaro kubandi nta bwejye burimo ntanumwuka harabantu bibasira abavuga ukuri ariko nibo batigeze bamenya ijambo ry'Imana bene Data ubuzubwejye Imana iramureka.
Imana iguhe umugisha kuko ugira kuli kwinshi kandi ibyo uvuga byose nukuli
Nkunze iki kintu pastor avuze ngo: Iyo Imana itanze commande igura repas,wow
Imana ibahe umugisha rwose thew warakoze gushyiraho ikiganiro
Gusa mu minsi y'imperuka abantu bazikundira abigisha bahuje nirari ryabo bibiriya iravuga ngo ituma batwita ninayo ituma babyara
Abayoborwa n'umwuka nibo bana b'Imana buri wese nahagarare ku izamu rye
Ibyo kuringanizibyaro ko byavuye mubazungu,bikaza nkuko bazanye ingegabitekerezo,mwatubwira aho ijambo ry'Imana rivigako kubyara atari itegeko.Mureke kuyobya abantu,kuboneza nicaha kuko byazanywe nabantu,ntabwo byazanwe n'Imana.kandi nubwo wabyara umwe,Imana itakurereye wowe ntaco wanikoraho,ubonako mwishize mumwanya w'Imana kubera isi yabadindishijye.
Imana iguhe umugisha ubundi c tubona isi yaburi muntu itaruzuye
Theo uzanatubarize Ev Jean Paul nzaramba. Nawe twumve uko abitekereza.
Ndemeye pe urumunyabwenge paster
Mureke kwigisha uko mubyumva ahubwo mureke mwuka wera w'uwiteka yikorere inyigisho zanyu zo ziragoye gukuramo ukuri
Guhuye n'ijambo ryi Imana yera.
Nge uko mbyumva icyaha nugukuramo inda nalubundi kwirinda kuba wabyara ukoresha uburyo bwo kuboneza urumubyeyi ntacyo bitwaye kyko kubyara abudashoboye kurera urumukiristo abana bakandagara biba bitukisha izina ry,lmana gusa lmana ibahe umugisha
Pastor uravuga ukuri abantu nabwo bavugisha ukuri ashaka kumvikanisha imyizere yabo
Pastor, uri umuhanga cyane kandi abwirwa benshi akumva bene yo
MC ThÃĐo, keep it up!
Erega Daniel yeretswe ibyimperuka we yabonye iyo nyamaswa irwanya abera yenda no kubanesha ariko Yohana we yaravuze ko iyo nyamaswa ihabwa kubanesha mwitonde
Iki kiganiro rwose kiraryoshye Kandi kiradufashije cyane. Mfite ikiguzo.
Urakoze cyane pastor kunyigisho nziza
Wakoze Mc Theo, kutubariza Pastor.
Kuboneza urubyaro ni icyaha ndetse cyane.wari uzanzwe uvuga ukuri ariko aha ho si Imana uvugiye rwose.
Pastor Rutayisire avuga ukuri
Ikindi naco umugisha Imana igihe yawutanga adamu na eva ntibari bwacumure
Ubu icaha cabo cinjije amahano menshi kw'isi, koresha ubukerebusi wewe uvyara
Thank u pasta ujye udukura mubujiji
Urakoze kutujijora
Urakoze ku mpuguro zuzuyemo ubwenge
Ko banga se ku byara nubundi ubuzima bukanga , mwigishe abantu amategeko y'Imana byanze mutegereze umuriro(Abaheb:10,26-27) kuko umutima w'umuntu wo ntubeshya
Uvuze nka pasteur Ortance yatubwiye ko uko twemera kujya kwa muganga twarembye tukemera n'inkingo kuki tutakwera kuboneza
Mwitwaza bibiriya muyobya abantu
Yesu n'IMana nubwo yambaye umubiri
Ukuri kuzuye tutaretse kunyura hirya no hino .
Urusahu rubaye rwinshi,ndavuze ngo tube maso,Imana irengere intama zayo!muzamenya ukuri nako kuzatubatura,dukeneye Umwuka wera,niwo wokutwemeza ivyicaha nigisa nacyo!ðĒ
Wavuze byinshi ariko ibibyo byokuboneza bigutesheje agaciro.kuko twarahamagawe n Imana ntamuntu pst. ubigizemo uruhare.bize ngorero twe tuyobirwa na mwuka haribyo atwongorera mwebwe mudahari kandi aduha ibimenyetso byuko ariwe wavuganye natwe.ubwore wowe mfite ukuntu ngu Crashije kukijyanye nigipimo cyagakiza ufite. Ese ugirango abzayobya intore nabantu tutazi ? Rekada nabantu bibirangirire bavuga rikijyana abo satani abibandaho cyane.
Fata ibi mwebwe aba past.bamwe nabamwe murabitubuza ariko umwuka w Imana ukabca inyuma mutbizi ngaho muzahangane nmwuka mwifatanye na leta turebe ko muzawushobora.
Ikindi Theo kuki ujyagushakira amkuru mubantu nkaba tudahuje imyizerere ? Ejo uzajya kugishinama nabagatorika kubyinzoga uzavayo naho bakwemeje .uba wamamaza ubutumwa budakwiye
Pastor Imana imuhe umugisha kuko Abashumba benshi bahisha uku kuri bakuzi ngo batabita abapagani.
Amen
Pastor bihorere bagutuke! Buriya se bariya bana bakoze groupe yiyise abuzukuru ba satani, abamarine n'abandi bari mu buzima bubabaje nka bo, abababyaye nibo bari mu kuri??
Nonese ko ijambo ritubwira ngo abayoborwa n'Umwuka wera aribo bana b'Imana...ubwo iyo uboneje urubyaro uba wabanje kuyoboza Imana kugirango ibikwemerere cg ibikwangire? Ubaye ubyiyoboyemo ubwo waba ukiri umwana wayo? Wayiyoboza muri bimwe se ibindi ukabyiyoboramo ubwo ukinejeje umuremyi wawe?
Bibiliya iravuga ngo icyo muzaboha mu isi no mu ijuru kizabohwa ariko ngo n'icyo tuzabohora mu isi no mu ijuru kizabohorwa.
Muri Swasland umwami ari gutanga ubwenegihugu kubanyamahanga ngo nibagerayo barongore abagore 5. Kuko yabibohoye , si icyaha. Mu Rwanda twarabiboshye ni icyaha. So, gira ibyo uboha cyangwa ubohora ubundi wizere.
Good bless you.
Ntakintu wakiha atari lmana ikiguhe ubuse ubakenye Bose Nuko babyaye benshi ? lmana iyo iguhaye umugisha ntiyita kumubare wabana ufite ikosa Nuko mwanga kuyiyoboza inzira mugashyiramo ubwenjye bwanyu ariko iyo lshatse uracyira yabishaka ugakena
Ibi nivyo bikwiy kutwereka neza ah isi igeze.abantu bahakwiriy kuba umuco wisi bifadikanij n umwijima. Ntimukajan n ibihe basha kuko Imana yo ntihinduka kand nijambo ryayo ntirihinduka
Abantu bazabayobya rwose,ibi byose biterwa no kutizera kuko iyo abantu babasezeranya babaturiraho umugisha w'urubyaro ariko byagera hagati ubushobozi bugabanutse kwizera kugashira bagatangira kwizerera mu bantu ngo babagire inama ,muzarimbuza abantu ,icyo nzi nuko ijambo ry'Imana ritubwira ko n'inda yawe ubwayo ntiwayitunga.
Dushobozwa byose na Kristo uduha imbaraga.
No ntakuri ufite gusa abantu b'Imana yera urabacanze Abarom;2,20-24
Kuboneza urubyaro nogufunga urubyaro biratandukanye
Cecekaho ntabafite umwana umwe nawe byaramunaniye kumurere uretse nibyo se ubuzima bwawe wenyine bwo ntibwakinanira kubuhaza kdi uri umwe unakuze isi izahoraho abakene bazahorana natwe ariko ubukene ntibukuraho kubyara, kdi no kutabyara ntibivanaho ubukene . Uzaduhe umurongo Imana ivugako muzabyare mibishaka .ni mubashuke mwe mwarababyaye mubamarayo none muri kwamamariza antikristo umushinga we ngo muri abanyabwenge.
Haaa nikoko ndumiwe!!reka tuyobogwe nijuru pe nayo inyigisho zo zotuyovya
Uzomuhamagare atubwire ibijanye n'ubuhanuzi
Noneho hari nabavuga ngo iminja zihora ziririra mumatwi y,lmanaðĪĢðĪĢðĪĢðĪĢðĪĢ
Paster uvuze amagambo nkamwe yabapfapfa urigisha abantu kuringaniza urubyaro ntasoni else wowe kuba ubasha gutunga abawe ni imbaraga zawe ko Ari Ubuntu be,Imana Kandi kuba hariho abarusha abandi ubushozi umuntu akabura minerevare SI icyaha yakoze cyo kubyara
Muze satani araguteye igitsindo kukiganiro utanze.kuko Yesu yaje kwisi abantu bazabaramaze kwuzura,rero iyabonako dukwiye kugabanya imvyaro kugirango havuke abangana nibiryo Imana isigaranye.rero koyaduze mwijuru atavuzeko twogabanya imvyaro,dukomeze kuko Imana ntiravugako ubufasha bwayo bwagabanutse.kuko nawewe ubwawe Imana itagutunze ntiwokwigaburira wenyene.
Udusobanuriye neza na pastor hortanse yabisubije neza nkawe pastor muri abahanga
Kubaha Uwiteka nibwo bwenge kandi kuva mubyaha Niko kujijuka.Yobu28:28
Postor urakoze,komeza wigishe abantu bave mubuyobe
njyewe nizereko abantu Sametime nitwe turema Icyaha.
Kuvyara abana udashoboye kurera ni gÃĐnocide muzindi
Uyu mu pasteur
Yazagiye atumirwa mu sengero zose akabajijura ??
Ä°mana iduha ubwenge ngo duhitemo igikwiye
Ese kuki entoine yemera umukristo akwiye kuyoborwa na mwuka wera mubuzima bwe bwose kuki atemera yanakuyobora no kurikingiki.
Urugero ukunda kuvuga ko iyo umwaka utangiye ufata amasengesho y'Iminsi 7 uraba urikubaza Imana iki?
Wakagombye kubwira abakristo icyo wemera kandi kimwe , udasize abantu murungabangabo.
Ariko ubundi ijambo kororoka jye nibazako abantu baryumva nabi! Kororoka ntibivuze kubyara ukarunda kuko ushobora no kubyara umwe nawe akabyara undi gutyo gutyo uko niko kororoka! Abana b'isezerano Imana yahaye Abraham bakomotse kumwana umwe ariwe Isaka baragwira bangana uko Imana yamubwiye.
Wakoze ikiganiro uri mumbaraga nke uzitorore ukore ikindi kiganiro kivuguruza iki
Hari umuntu uvuga ngo nge nywa gake kgo mbone ibitotsi tugashaka kumutera amabuye burya ndunva yaba azira ubusa none kuvuga ngo reka nkore ntya nizeye ka rutangira (ka tekenike) ahubwo mwibagiwe n'agakingirizo!!ðð 2tim3:1 twemere twageze mubihe birushya kuko nubwo buryo hari ababusà miramo,ababutinzemo bakabyara abadebÃŧre dusenge birakazeðĒðĒ Ngaho rinda hatagira ugutwara ikamba ryawe ubwo mutangiye kwita abahanuzi ngo ni abaswa nta mashuri bagira murambabaje bibiriya iravuga ngo ntimugasuzugure ibihanurwa mubigenzuze umwuka ntabwo yavuze amashuri (Turagukunda mushumba courage)
Nimukomere, kuri jye, pasteur Rutayisire, kurwanjye ruhande n'ubwo ntajya mbona umwanya uhagije wo kumwumva, nabicye numvise avuga, akorosha ukuri, nkubu yaravuze ati umugabo utita ku rugo rwe, arutwa na umupagani., uko niko kuri, kuko Biblia niko ivuga
1 Timoteyo 5:8 ndamukunda kunyigisha ze
Harerimana Hakuzimana Hatungimana ayo mazina ça dit tout
Nutayifasha se ntibaziba ?? Yaguhaye ubwenge ngo uhitemo
Ibyo byose byazanwe no gukunda ibyisi n'inda nini.
Yeremiya 1:5 Ntarakuremera mu nda ya Nyoko nari nkuzi.......
Kuringaniza imbyaro,covid,inkingo,ubutinganganyi, nâibindi bizakurikiraho ni imigambi umwe: KUGABANYA Abatuye mwâisi .Mujye muyoboza Imana muri byose kwumvira umwuka ni byo byonyine byagufasha gusobanukirwa I yâiki gihe. Be careful.
Imana iyo twayishakanye umwete iringaniza ,ikaguha abo wagombaga kubyara ni itera gutwita Nina yo itera kubyara Nina yo itera kurera.
Imyuka yubushukanyi yafashe benshi ntanubwo mwayobye ahubwo mwarahabye Uwiteka atariwe ukubereye maso wabera maso ubusa ngaho ni mubice inyungu nigihombo muzabisanga imbere yiyavuze ngo ntukice kdi burya ubwenge bwabanyabwenge Imana yabuhinduye ubusa postorð
Matayo 6:31Nuko ntimukiganyire mugira ngo tuzarya iki? Cyangwa ngo tuzambara iki? Cyangwa ngo tuzanywa iki?.....
Mbega injiji mwakwize ubulyo mugabanya imbyaro ko nabo mufite kubarera ari ikibazo kuri bamwe za marine nâi Wawa bagafunga Halya marine nâabajura cg nâaba drogues ?
Ariko akaruhuko k'izabukuru kamubyibuhije ,ubwo amerewe neza
Hey
Pastor rwose icyo ngukundira uvugisha ukuri benshi batinya kuvuga. I know za comments ziri nÃĐgatifs ziraba nyinshi. Ariko amagambo wavuze arimo ubwenge. Gusa interpretation ya Bible igora abantu benshi . Ariko nyine biteye isoni kubyara abana 12 bamwe ntibajye ku ishuli n'ibindi bibazo . Komeza wigishe abantu ubwenge.
Ibyusobanuye kukuboneza urubyaro bitweretse agakiza kawe akariko.
Icyo ngushimiye SI uko wemera onapo ahubwo ni uko u UGA ukuri kukurimo utitaye kucyo abantu babivugaho so guhagarara kukwemera kwawe kd uzabikomeze
Pasteur abivuze uko avyumva ariko umuhanuzi w,ukuri ni mpwemu yera.uwuzomugisha inama ntazoyoba.ubundi mfita ibihamya vyuko Imana itabishigikiy.hari abantu babiriri nzi babikoze Kandi bazi ukuri ko Imana ivyanka .umw yaciy avyara amahasa uwundi avyara ubushuri .uwudatahura arabaza Imana
Wowe kuba URI past ndiwayobya abandu uruziko arimwe mutuyobya simvatanijenawe bimwerwose
Yesu n'IMana nubwo yambaye umubiri gufunga urubyaro nicyaha
Niko bimeze rata imana iguhe umugisha
Kuboneza uruvyaro nicaha none k lmana yavuze ng muvyare murondoke none ninde yabihinduye ljambo ryi'lmana rivuga ng uwuzokurako nakanyuguti nakamwe canke akongerako biboneka k azoba acumuye nimutubwire uwarihinduye yemwe nimurek umwe wese agumye ico yakiriye
Ikizira cyageze ahera mbonye ubusobanuro bw'Ijambo ngo "USHAKA KURENGERA UBUGINGO BWE AZABUBURA KANDI NGO utita kubugingo bwe kubera Yesu azabubona, rero PASTOR BIRAGOYE BISA NKIBITAGUSHOBOKERA KUVUGA UKURI ubwo rero ibyobinyoma kandi mubikora mubizi hamwe nibindi bikorwa nabandi sois disant les pasteurs example papa francis 05/12/2023 biratuma benshi bayobywa kandi bari babitezeho kuyoborwa namwe MWITEGURE KUGARUKA KWA YESU KUKO mutumye azabidatinze
Urakoze cyane Ukuri ni Jambo ry Imana
Urakoze cyane
Pastor warayobye rwose kandi uriko urayobya n'abandi. 2TimothÃĐe 4:3-5. Uratanga aurugero rw'ibihugu biteye imbere ko bobo babitahuye kare ariko wibagiye ko ivyo bihugu ari navyo vyafashe iyambere mu kwemera ubutinganyi natwe tubakurikire?
Uko nikokuri kuzuye
Ubisobanuye neza rwose ,Imana iguhe umugisha
De ma part c'est pas vrai gufunga urubyaro nicyaha kabisa
Murakoze cyane kudusonuriraðð
Sinemeranya nawe ubwo urikirohereza abapfapfa baboneza urubyaro bakire inyigisho zihwanye n,irari ryabo wazibazaniye Kandi nawe imbere Gato uzabibazwa
Arashaje nareke kubeshya abatoya dusigaye twisomera ijambo ry Imana naho tutumvise neza tugasobanurirana kd nta theology twize dufite ubwenge bw Imana, nimwicecekere umwana numwandu uva kuwiteka, ntanuwavutse ngo yicwe ninzara nikimenyimenyi leta irigushyira imbaraga mubana kurusha mwebwe mwirirwa mubaka amaturo nibyacumi nibishimo ð
Pastor ati:" ikibazo cya ONAPO ngo ni ingorabahizi".ð ð ð . Kuva ryari se??? Ku Mana ya Israheli ntakibazo cy'ingorabahizi ki aho. Kuba Kristo bari nka Lewodokiya( badakonja kdi ntibabire, b'akazuyazi) ni ingorabahizi ariko kubumvira igisubizo ni ukuyireka kuko Imana irayibuza cyane. Abantu bakwiye kuyoboza Imana inzira bakwiye kunyura kuko inyigisho z'ubuyobe zibaye nyinshi.Ibi babyita ingirwabwenge zirwanya iby'Imana. Mukwiye kuragira umukumbi nk'abazawubazwa. Ibabwira ko itanze imigisha ariko ntibabuze ibyaha si Iyera kdi ikiranuka muri byose pe.
Abaktisto mutabwiza ukuri bashumba bo muri iyi minsi, bazisanga mu ijuru rya Kamonyi aho kuba Isiyoni kuko icyanduye cyose ntikizagerayo.
Nihitiraga ntihagire umputaza
Inyigisho zarizikenewe muribi bihe rwose.abantu bakeneye kumenya kuruta guhura mubujiji
Pastor hano sinzi niba ibyo uvuze wabisengeye ,gusa bibaho umuntu ntiyavuga ibiribyo iteka
None se ko utadufashije ngo utubwire ibiribyo ra!! Kandi ku buryo bwa BibiliyaðŪ
Nonese umuntu uboneza urubyaro nukuramo inda y'ukwezi kumwe bataniye he?